00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kenya: Urugo rw’uwagombaga kuba Visi Perezida wa Odinga rwatewemo igisasu

Yanditswe na Mukaneza M.Ange
Kuya 31 January 2018 saa 08:33
Yasuwe :

Itsinda rishinzwe gutegura ibisasu muri Kenya ryoherejwe mu rugo rw’Umuyobozi w’ishyaka rya Wiper, Kalonzo Musyoka, kugira ngo rikore iperereza ku gisa na grenade cyahatewe.

Umuyobozi wa Polisi mu gace ka Karen mu Mujyi wa Nairobi ari naho Musyoka atuye, Cunningham Suiyanka, yavuze ko kuri uyu wa Gatatu ahagana saa munani z’ijoro, aribwo igiturika gisa na grenade cyajugunywe muri uru rugo, ku bw’amahirwe ariko ntawagize icyo aba.

Nation dukesha iyi nkuru ivuga ko umurinzi wo kwa Musyoka yatangaje ko abantu atigeze amenya bari mu modoka ebyiri, banyuze hafi y’uru rugo bagatangira kurasa ndetse bakajugunyamo kiriya giturika.

Ni mu gihe Musyoka wiyamamarije hamwe na Raila Odinga mu matora yabaye umwaka ushize, ku wa kabiri yatengushye abarwanashyaka b’ihuriro ry’amashyaka atavuga na leta (Nasa), ntiyitabira umuhango wo kurahira nka Visi Perezida.

Tariki ya 30 Mutarama 2018 mu masaha y’ikigoroba, nibwo Odinga agaragiwe n’abamushyigikiye bemeza ko yatsinze amatora, yarahiriye kuba Perezida wa Kenya, igikorwa cyaberewe ku kibuga cya Uhuru Park, mu Murwa Mukuru Nairobi.

Yarahiye mu buryo bunyuranyije n’amategeko, mu gihe Uhuru Kenyatta wemejwe nk’uwatsinze amatora yasubiwemo mu Ukwakira 2017, yarahijwe mu Ugushingo umwaka ushize.

Urugo rwa Kalonzo Musyoka rwatewemo igisasu

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages