Iki cyemezo cy’urukiko giha abanyeshuri barimo n’ab’u Rwanda gukurikira amahugurwa mu by’amategeko (ATP) atuma bemererwa gukorera muri Kenya.
Nk’uko Daily Monitor yabitangaje, umucamanza Justice John M. Mativo yavuze ko icyemezo cya KSL cyari kinyuranyije n’ingingo ya 27 y’Itegeko Nshinga rya Kenya ryo muri 2010. Iyi ngingo ikavuga ko abantu bose bareshya imbere y’amategeko.
Umucamanza yabonye ko iryo shuri ryajyaga ryakira abaturutse muri Afurika y’Iburasirazuba, ariko bigeze muri 2016 rikabihindura kugeza n’aho hari abatarabonye uko bakora ibizamini. Byongeye, rinatangaza ko guhera muri 2017 nta munyeshuri utari Umunyakenya wagombaga kuryigamo.
Urukiko rwafashe icyemezo ko abaturuka mu Rwanda, Tanzania, Uganda na Sudani y’Efo bakwakirwa ati ntajuririrwa.



















TANGA IGITEKEREZO