Urukiko rwari rwategetse ko imirimo yo kubaka icyo kigo gifite ibyumba 50 iherereye mu kigo cya gisirikare i Nanyuki ihagarikwa, mu gihe ikirego cyari cyatanzwe n’umuryango utari uwa Leta rutaraburanishwa.
Nyuma byagaragaye ko imirimo yakomeje, bituma urukiko rushinja minisitiri gusuzugura icyemezo cyarwo.
Aden Duale yitabye urukiko asaba imbabazi, avuga ko yahise ategeka ko imirimo ihagarara burundu. Urukiko rwamwemereye imbabazi ariko ruramwihanangiriza.
Iki kigo kigamije kwakira abaturage ba Amerika bakekwaho ubwandu bwa Ebola. Muri Kenya nta murwayi wari wahagaragara, icyakora muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje gusya itanzitse.
Icukumbura BBC yakoze ryagaragaje ko ibikorwa byo kubaka byari byaratangiye harimo umuhanda wari igitaka wamaze gushyirwamo kaburimbo. Leta Zunze Ubumwe za Amerika zari zatanze miliyoni 13,5 z’Amadolari mu gufasha Kenya kubaka iki kigo kigamije guhangana na Ebola.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!