Ibi yabitangarije abanyamakuru nyuma y’aho ku wa 27 Ukuboza 2023, Muhinyuza atsinze urubanza yaburanaga na Kirimi Koome wari waramuriganyije Ikigo cye gicururiza kuri internet cyitwa SOL (Stay On Line).
Me Omari yasobanuye ko itegeko ryo muri Kenya ritemerera umunyamahanga wandikisha ikigo cy’ishoramari, bikaba bituma hifashishwa Umunyakenya, akabimukorera, agahabwamo imigabane.
Ibi ngo ni ko byagenze kuri Muhinyuza, ariko ubwo Koome yabimufashagamo muri Mata 2023, yandikishije ishami rya SOL muri Kenya nka nyiraryo, yikubira imigabane yose 100 ryari rifiteyo.
Uyu munyamategeko yatangaje ko iri tegeko ryafashaga ba rusahuriramunduru kuriganya ibigo by’ishoramari by’abanyamahanga kandi ko ari byo bituma Kenya ikomeza kubihomba, bikajya mu bihugu by’abaturanyi.
Yagize ati “Twibaza iki kibazo, kubera iki Kenya iri kubura ishoramari rituruka mu mahanga, rikajya muri Tanzania na Uganda? Impamvu iroroshye. Iyo abanyamahanga baje hano, bandikisha sosiyete bakoresheje amazina y’Abanyakenya, Umunyakenya akabariganya, bakagenda.”
Ishami rya SOL muri Kenya ryatangiranye igishoro cy’ibihumbi 29 by’amadolari ya Amerika. Urukiko rwasanze ryari imaze kugera mu gaciro ka miliyoni 2.6 z’amadolari, rutegeka Koome kwishyura Muhinyuza inyungu y’ibihumbi 100$ ryari rimaze kwinjiza mu gihe cyari ku mazina ye.
Inkuru bifitanye isano: Kenya: Umunyarwanda yatsinze urubanza rw’ikigo cye yari yaribwe



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!