Yategetse ko ibendera ry’igihugu ryururutswa kugeza hagati, ko ibikorwa byose yateganyaga kwitabira muri iyo minsi bihagaritswe, asaba n’abandi bayobozi gukora nk’ibyo mu kwifatanya n’igihugu kunamira Odinga.
Ati “Mu rwego rwo guha icyubahiro ibikorwa by’indashyikirwa Raila Odinga yakoreye igihugu cyacu, nshyizeho iminsi irindwi yo kumwunamira. Iibendera ry’igihugu rigomba kururutswa rikagezwa hagati, gahunda zose ziteganyijwe hanze y’igihugu zirasubitswe.”
Odinga yabaye Minisitiri w’Intebe wa Kenya kuva mu 2008 ageza 2013.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!