00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kenya yavuze ku Ngabo za EAC zashinjwe kutagira icyo zikora muri Congo

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 24 March 2024 saa 05:59
Yasuwe :

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Kenya, Musalia Mudavadi, yavuze ko ubutumwa bwo kugarura amahoro bwakozwe n’Ingabo zihuriweho za EAC (EACRF) bukamara umwaka umwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwagenze neza nubwo izi ngabo zahavuye zinegurwa.

Ibi yabitangarije muri Kaminuza Mpuzamahanga ya Amerika Ishami rya Afurika ihereye i Nairobi.

Mudavadi yavuze ko kuba ingabo za EACRF zitarabashije kwambura intwaro imitwe ihungabanya umutekano muri RDC byatewe n’uko ataribyo byari byazijyanye muri iki gihugu.

Uyu muyobozi yagarutse ku ngingo ebyiri zikunda kutavugwaho rumwe zo kugarura amahoro no kubungabunga amahoro, avuga ko icyo ingabo za EACRF zakoze kwari ukubungabunga amahoro bitari ukuyagarura.

Umuryango w’Abibumbye usobanura kugarura amahoro nko kuyoboka inzira y’ibiganiro bya dipolomasi n’ubundi bwumvikane bw’impande zombi bushyira iherezo ku ntambara, mu gihe kubungabunga amahoro byo bizamo gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro aba yaragenwe, ariko no kwirwanaho kw’ingabo ziri muri ubwo butumwa no kurwanirira abasivile bikaba bishoboka mu gihe bibaye ngombwa.

Mudavadi yagize ati “Icyo ingabo za EACRF zatumwe kwari ukubungabunga amahoro, kandi twasohoje inshingano zacu nk’Umuryango wa Afurika y’Iburasitrazuba. Ukurikiranye neza wasanga mu gihe twari hariya intambara yaragenje make. Rero twakoze akazi kacu nk’itsinda rishinzwe kubungabunga amahoro mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba”.

Ubutumwa bw’ingabo za EACRF muri RDC bwatangiye mu Ugushyingo 2022 burangira mu Ukuboza umwaka ushize.

Izi ngabo zashinjwe kujenjekera Umutwe wa M23 zanga kuwambura uduce wari warafashe. Zisobanuye zivuga ko zitagiye muri Congo kurwana.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages