Uyu muyobozi yasobanuye ko iki cyemezo cyafashwe mu rwego rwo kwirinda ko hari umunyamahanga wahabwa iki cyangombwa yiyita Umunye-Congo.
Yagize ati "Iyi gahunda igamije ahanini kurwanya kwinjira mu gihugu ku bwinshi biterwa no gutanga icyangombwa cy’ubwenegihugu ku bantu batari Abanyekongo."
Urwego rw’Iperereza n’urushinzwe Abinjira n’Abasohoka zasabwe kujya zibanza gusuzuma neza amakuru ku bantu basaba iki cyangombwa, kugira ngo hatazagira abanyamahanga bazica mu rihumbye.
Iki cyemezo gifashwe mu gihe umutekano wo mu bice bitandukanye bya RDC ukomeje guhungabana, amahanga agashinjwa kubigiramo uruhare.
Kimwe mu byakanguye cyane ubutegetsi bwa RDC ni igeregezwa ryo guhirika ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi ryabaye tariki ya 19 Gicurasi 2024. Iki gikorwa cyagaragayemo Abanye-Congo barimo abafite ubwenegihugu bubiri ndetse n’Abanyamerika batatu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!