00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kuri bamwe kuva kuri uyu wa 26 Kanama u Burundi nta Perezida bufite

Yanditswe na

IGIHE

Kuya 26 August 2015 saa 11:09
Yasuwe :

Visi perezida wa FNL-Iragi rya Gahutu kimwe n’Ihuriro ry’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi (CNARED), baratangaza ko kuva kuri uyu wa 26 Kanama 2015, icyo gihugu nta Perezida gifite.

Visi Perezida wa FNL-Iragi rya Gahutu, Bernard Ntungwanayo yavuze ko atemera na gato guverinoma yashyizweho na Perezida Pierre Nkurunziza, kuko manda ebyiri yemerewe n’Amasezerano ya Arusha zarangiye kuri uyu wa 26 Kanama.

Mu kiganiro cyihariye yagiranye na IGIHE kuri uyu wa kabiri, visi Perezida wa FNL-Iragi rya Gahutu, Bernard Ntungwanayo yavuze ko manda ya kabiri ya Nkurunziza igomba kurangirana na saa sita z’ijoro zo kuri uyu wa kabiri hagakurikiraho igihugu kiri buze kuba kidafite leta ikiyobora.

Mu gihe kuri uyu wa mbere ari bwo Perezida Nkurunziza watorewe kuyobora u Burundi yatangaje Guverinoma nshya igizwe n’abaminisitiri 20 barimo 15 bo muri CNDD-FDD, Ntungwanayo ntiyemera iyi guverinoma ahubwo avuga ko Nkurunziza yayikuye mu mufuka we, kandi akavuga ko idakwiye guhabwa agaciro.

Visi Perezida wa FNL-Iragi rya Gahutu, Bernard Ntungwanayo

Ikiganiro kirambuye na IGIHE:

IGIHE: Perezida Nkurunziza yashyizeho Guverinoma nshya kuri uyu wa mbere igizwe n’aba minisitiri 20. Ni iki uyishima?

Ntungwanayo: hahahahahahahaaaaaa!!!!!!!!! Nta leta ihari mu Burundi. Leta ihari irarangiza manda yayo mu masaha arindwi ari imbere. Ni ukuvuga ngo harengaho umunota umwe igihugu cy’u Burundi ntikiba gifite leta.

IGIHE: Umuntu ashobora kwibaza igihe Nkurunziza n’abamushyigikiye bavuga ko habaye amatora bakanatsinda mwe mukavuga ko atabaye, ubwo amaherezo azaba ayahe?

Ntungwanayo: …Nta cyizere ubu dufite kuko n’iyi tuvuga amahanga ntacyo abivugaho. Nandikiye umunyamabanga wa Loni Ban Ki-Moon ariko ntiyansubije. Twe rero n’iyo batumije inama ntibadutumira ngo tugaragaze ukuri ku buryo tubona umuti waboneka… Icyizere tugifite ku Mana kuko ntishobora kwemera ko abicanyi aribo bakomeza gutegeka u Burundi. Kandi abakuru ba Afurika y’Uburasirazuba banze kwatura ngo bereke Nkurunziza amakosa ye uzareba bizahembera intamabara bifate akarere kose.

IGIHE: Ko ugenda ugaragaza ngo bishobora kuzavamo ubwizanyi bigakwirakwira no mu karere, hari ibimenyetso ubona bitegura ubwicanyi?

Ntungwanayo: Cyane cyaneeeee!!!! I Burundi hari aba FDLR, bazanywe na Nkurunziza. Ni we mvuga kuko ni we uyobora igihugu kandi ni we uzabibazwa. Ushaka kubikurikirana yababona. None nibamara kwica abatutsi mu Burundi se nk’uko babikoze mu Rwanda no gufasha Nkurunziza kwikiza abatamushyigikiye, uracyeka amaherezo azaba ayahe? (…) urakeka batazakurikizaho kwinjira mu Rwanda? Akarere rero gakwiye kubihagurukira.

IGIHE: ICC yavuze ko iteganya kuzajya mu Burundi kuhakorera iperereza ku byaha by’ubwicanyi byagiye bihaba. Nta mpungenge mufite ko hari bamwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi batahurwaho kuba inyuma y’umutekano muke n’imvururu mu Burundi?

Ntungwanayo: Impungenge zifatiye ku ki?... Ibyo ni ibintu bidafite ishingiro none se umuntu ujya gutabara abarimo barapfa abanza gupanga uko azajyayo cyangwa aragenda? Ibyo ni ububeshyi. Ni bya bindi amahanga atabara abantu bamaze gutikira. Ubwose uyu munsi hapfuye bangahe? Ntacyo batazi ni ukwirengagiza nkana. Ubuse ntibahafite intumwa zibahagarariye?

IGIHE: Ntiwemera guverinoma yagiyeho mu Burundi, nta biganiro biri kuba kandi byagiye bisabwa. Umuti w’ibibazo by’u Burundi waba uwuhe?

Ntungwanayo: Umuti urahari…Loni ni rwo rwego rukuru kuri iyi si. Ibishatse n’uyu munsi yafatira ibihano Nkurunziza agahagarika ubuyobozi ari gushyiraho ku ngufu, ariko ntabyo bari gukora. Afurika yunze ubumwe urabona ko ntacyo iri gukora…abarundi biteguye gutabarwa kuva ku mana.

Nyuma y’ikiganiro Ntungwanayo yagiranye na IGIHE, Leonard Nyangoma Umuyobozi wa CNARED, inama y’igihugu iharanira iyubahirizwa ry’Itegeko Nshinga, amasezerano ya Arusha n’ubutegetsi bushingiye ku miyoborere ibereye abaturage yashyize ahagaragara itangazo (Declaration) rigenewe Abarundi.

Muri iryo tangazo Leonard Nyangoma avuga ko uyu musi ari bwo barimo basezerera manda ya nyuma ya Petero Nkurunziza.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages