00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Inkubiri ya manda, kudeta zapfubye n’ibindi byaranze Afurika 2015

Yanditswe na

Eric Birori

Kuya 3 January 2016 saa 01:59
Yasuwe :

Mu mwaka wa 2015, Afurika yanyuze muri byinshi bitandukanye birimo amatora, ibiganiro bikomeye kuri manda za gatatu, intambara zakurikiye amatora ndetse yakiriye abashyitsi bakomeye ku Isi.

Burukina Faso, Burundi, Niger: Guhirika ubutegetsi ntibyahiriye ababigerageje

Nyuma y’imyigaragambyo y’abaturage yakurikiye iyemezwa rya Perezida Pierre Nkurunziza ku guhagararira ishyaka CNDD FDD ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, Gen. Niyombare Godeffrey yagerageje guhirika ubutegetsi kuwa 13 Gicurasi 2015.

Abarundi bari ku ruhande rw’abadashyigikiye manda ya gatatu bakiranye umunezero igikorwa cya Gen. Niyombare ariko mu buryo butunguranye, uyu mugabo yavuze ko we n’itsinda bafatanyije guhirika ubutegetsi bwa Pierre Nkurunziza badafite ubushobozi bwo guhangana n’ingabo zari zishyigikiye Perezida, maze amanika amaboko ariko aburirwa irengero ndetse bamwe mu bo bari bafatanyije umugambi batabwa muri yombi.

Gen. Niyombare Godeffrey yagerageje guhirika ubutegetsi ntibyamuhira

Ntibyateye kabiri, muri Nzeli 2015, mu gihugu cya Bourkina Faso habaye igisa n’impinduramatwara aho Gen. Gilbert Diendéré, umwe mu bagize uruhare mu guhungisha uwahoze ari Perezida, Blaise Compaoré, maze we na bagenzi be bafunga Perezida w’inzibacyuho Michel Kafando, ndetse banasesa Inteko Ishinga Amategeko.

Bidatinze mu kwezi kwakurikiyeho, Gen. Diendéré yatawe muri yombi nyuma y’imishyikirano no kurushwa ingufu n’abaturage maze we n’abari bafatanyije umugambi wo guhirika ubutetsi bishyikiriza urukiko rwa gisirikare.

Muri icyo gihugu, inzibacyuho yararangiye maze uwahoze ari Minisitiri w’Intebe mu gihugu, Roch Marc Kaboré, atorerwa kuyobora iki gihugu.

Gen. Gilbert Diendéré yashatse guhirika ubutegetsi biramwangira

Nyuma y’amezi abiri gusa, mu gihugu cya Niger abasirikare bane bo mu rwego rwo hejuru batawe muri yombi bakekwaho gushaka guhirika ubutegetsi bwa Perezida uriho wanatowe n’abaturage Mahamadou Issoufou.

Ku itariki ya 17 Ukuboza, Perezida Issoufou yatangarije kuri televiziyo na Radiyo y’igihugu ko yasimbutse ihirikwa ku butegetsi (coup d’etat) ryari yateguwe n’abasirikare.

Perezida Pierre Nkurunziza yanambye ku butegetsi abasaga 400 bahasiga ubuzima

Perezida Magufuli yatunguye abatari bacye ku gufata ibyemezo bikarishye

Atowe n’abaturage 8, 882,93; Dr. John Magufuli yatorewe kuyobora igihugu cya Tanzania atsinze umukandida bari bahangaye, Edward Lowassa, maze azana impinduka zidasanzwe zavuzweho byinshi nyuma y’iminsi itatu gusa arahiriye kuyobora igihugu.

Ku itariki ya 10 Ukuboza 2015, Magufuli yatangaje amwe mu mazina y’Abaminisitiri harimo abagore batandatu. Minisiteri enye harimo n’iy’Imari n’Igenamigambi yavuze ko atarabona Abaminisitiri bashya kuko yari agishakisha abantu bashobora kuziyobora.

Magufuli yasuye atunguye ibitaro bya Dar es Salaam maze asanga abarwayi basinziriye imbere y’ibitaro ahita yirukana umuyobozi wabyo.

Yirukanye kandi abayobozi bakuru b’icyambu cya Dar es Salaam, nyuma y’iminsi mike hagaragaye kontineri zambutse kuri iki cyambu zitishyuriwe imisoro.

Yirukanye ku mirimo ye Benhadad Tito, wari Umuyobozi mukuru wa Sosiyete ishinzwe kubaka umuhanda wa gari ya moshi (RAHCO) izubaka muhanda ugomba kuzagera mu Rwanda, uzatwara miliyari hafi umunani z’amadolari ya Amerika ndetse ahita akorwaho iperereza kugira ngo hamenyekane amakuru arambuye ku bivugwa ko haba harabayeho ruswa mu itangwa ry’isoko ryo kubaka uyu muhanda wa gari ya moshi.

Perezida Magufuli yatunguye abatari bacye ku gufata ibyemezo bikarishye

Perezida Buhari yahanganye na Boko Haram

Mu mpera za Gicurasi 2015, Perezida wa Nigeria Maj Gen.Buhari, yatowe asimbura Goodluck Johnatan, yasezeranyije abaturage bari batewe impagarara n’umutwe w’iterabwoba wa Boko Haram ko agomba kuwuhashya no kuwirukana mu mijyi wari warafashe.

Buhari yahise atangira gukaza imyitozo y’ingabo no gukoresha ingufu zikomeye maze ahita yirukana abasirikare bakuru barimo Umugaba w’Ingabo, Umukuru w’Ingabo zirwanira mu mazi, ku butaka no mu kirere.

Mu mpera z’Ukuboza 2015, Perezida Buhari yatangaje ko mu buryo bw’imirwanire Boko Haram yatsinzwe, cyane ko kuri ubu yamaze kwirukanwa mu mijyi ibiri muri itatu yari ifitemo ibirindiro ndetse ikaba itakigaba ibitero by’iterabwoba mu baturage.

Umutwe wa Boko Haram umaze guhitana abagera kuri 17,000 naho abagera kuri miliyoni ebyiri bavuye mu byabo.

Maj Gen.Buhari, yari yijeje abaturage kurandura umutwe wa Boko Haram

Inkubiri ya manda za gatatu z’abakuru b’ibihugu muri Afuruka

Umwaka wa 2015 havuzwe ibijyanye no kongerera cyangwa kwiyongerera manda zidateganywa n’Itegeko Nshinga kw’abakuru b’ibihugu bya Afurika. Iki kibazo cyafashe indi ntera mu Burundi guhera muri Mata 2015, ubwo Perezida Nkurunziza yavuze ko aziyamamariza manda ya gatatu itaravuzweho rumwe. Abasaga 400 bamaze kwicwa ndetse impunzi zisaga ibihumbi 74 ziri mu Rwanda no mu bindi bihugu.

Ibi kandi byabaye no mu bihugu nka Congo Brazaville aho Perezida Denis Sassou Nguesso nawe yakoresheje kamarampaka yo guhindura Itegeko Nshinga kugira ngo Sassou Nguesso abashe kwiyamamariza kuyobora igihugu ku nshuro ya gatatu.

Muri Congo Kinshasa, igitekerezo cyo guhindura Itegeko Nshinga cyahagurukije amashyaka atavuga rumwe na leta ndetse umuryango Human Right Watch ushinja iki gihugu kiyobowe na Joseph Kabila gushyiraho udutsiko tugaba ibitero ku bagaragaje ko badashyigikiye manda ya gatatu.

Amatora y’ituze ahandi mu mvururu

Umwaka wa 2015 waranzwe n’amatora muri Afurika, aho hamwe yabaye mu mahoro ahandi aba mu mpaka zikomeye.

Mu bihugu byagaragaje itandukaniro harimo Côte d’Ivoire, Nigeria, Tanzania, Bourkina Faso n’ahandi batoye mu mahoro ndetse abakandida batsinzwe bemera ko nta bujura bw’amajwi bwabaye.

Mu bindi bihugu nka Seychelles, habaye imvururu ariko birangira abatowe bakomeje kuyobora.

Bimwe mu bihugu bya Afurika byagaragaje ko byateye intambwe muri demokarasi, aho ibihugu nka Nigeria na Tanzania byaranzwe n’amatora y’ituze no guhererekanya ubutegetsi mu mahoro.

Muri rusange umwaka wa 2015 usize ibihugu nka Bourkina Faso, Burundi, Centrafrique, Côte d’Ivoire, Ethiopia, Guinea, Lesotho, Nigeria, Seychelles, Sudani, Tanzania, Togo, Zambia byitoreye abakuru b’Ibihugu.

Ivangura ryongeye gukaza umurego muri Afurika y’Epfo

Nyuma y’igihe Afurika y’Epfo ivuye mu ivangura rikomeye hagati y’abirabura n’abazungu ryari rizwi ku izina rya Apartheid, igihugu cyongeye kurangwa n’imvururu zikomeye hagati ya ba kavukire n’abimukira.

Aya makimbirane yari ashingiye ku kuba ba kavukire barashinjaga abimukira kubanyunyuza imitsi, byatumye badukira amaduka yabo barayatwika, barasahura ndetse abatari bake baricwa.

Ivangura ryongeye gukaza umurego muri Afurika y’Epfo
Amagana y'Abarundi biraye mu mihanda bamagana manda ya gatatu ya Nkurunziza

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages