Amakuru aturuka muri Perezidanse y’u Burundi yemeje ko Masozera wayoboraga Econet yirukanwe ku mirimo ye ku cyemezo cyafashwe na Leta.
Iki cyemezo kikaba cyafashwe n’ikigo gishinzwe gutanga impapuro z’abinjira n’abasohoka hamwe n’ibiro by’iperereza mu Burundi (Pafe&Documentation)
Nta mpamvu nyir’izina iratangazwa y’iyirukanwa rye, nubwo bivugwa ko yaba yirukanwe ashinjwa kuba ngo yari intasi y’u Rwanda muri icyo gihugu.
Sosiyete yigenga y’itumanaho Econet niyo ya mbere ifite abakiriya benshi mu Burundi. Mu mwaka ushize, yaguze indi yari ikomeye yitwaga “Leo”.
Turacyakomeza kubakurikiranira iyi nkuru …



















TANGA IGITEKEREZO