Mu rukerera rwo kuri uyu wa 28 Gashyantare 2024 ni bwo abarwanashyaka ba PSF bagabye iki gitero, nyuma basubizwa inyuma n’abasirikare.
Byavuzwe ko hari benshi muri aba barwanashyaka biciwe muri iki gitero, Dillo we ajya kwihisha mu nyubako y’icyicaro gikuru cya PSF mu murwa mukuru, N’Djamena, ariko abashinzwe umutekano barahamusanga.
Ibiro ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, byatangaje ko mu masaha y’igicamunsi cy’uyu wa 28 Gashyantare, ku cyicaro cya PSF cyari cyagoswe n’abashinzwe umutekano humvikanye urusaku rw’amasasu.
Mu gitondo cy’uyu wa 29 Gashyantare ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amakuru avuga ko kuri iki cyicaro hari abahiciwe kandi ko Dillo ashobora kuba ari umwe muri bo.
Umuvugizi wa Guverinoma ya Tchad, Abderaman Koulamallah, mu masaha y’igicamunsi yemereye ibi biro ntaramakuru ko Dillo yapfiriye ku cyicaro cy’ishyaka rye ubwo yageragezaga kurasa abapolisi.
Ati “Yapfuye ubwo yari yahungiye ku cyicaro cy’ishyaka rye. Yanze kumanika amaboko, arasa kuri Polisi.”
Dillo yari mubyara wa Perezida w’inzibacyuho wa Tchad, Général Mahamat Deby Itno. Yaherukaga guhakana umugambi ishyaka rye ryashinjwe wo gushaka kwica Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, asobanura ko ari ikinyoma kigamije gutesha agaciro kandidatire ye mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe tariki ya 6 Gicurasi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!