00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Libya: Abasirikare 15 bishwe n’abitwaje intwaro

Yanditswe na

Emmanuel Tuyisenge

Kuya 6 October 2013 saa 09:52
Yasuwe :

Abasirikare 15 bari kuri bariyeri y’igisirikare mu majyepfo y’uburasirazuba bwa Libya, ku wa 05 Ukwakira 2013, bahitanwe n’igitero cy’abitwaje imbunda.
Amakuru ava mu gisirikare cya Libya avuga ko icyo gitero cyabereye hafi y’umujyi wa Bani Walid, mu 2011 wari wiganjemo abari bashyigikiye uwahoze ayobora icyo gihugu, Muammar Gaddafi.
Urubuga rwa BBC dukesha iyi nkuru rwanditse ko abagabye icyo gitero batari bamenyekana , ariko Leta ya Libya ikomerewe cyane no gucunga imitwe yitwaje (…)

Abasirikare 15 bari kuri bariyeri y’igisirikare mu majyepfo y’uburasirazuba bwa Libya, ku wa 05 Ukwakira 2013, bahitanwe n’igitero cy’abitwaje imbunda.

Amakuru ava mu gisirikare cya Libya avuga ko icyo gitero cyabereye hafi y’umujyi wa Bani Walid, mu 2011 wari wiganjemo abari bashyigikiye uwahoze ayobora icyo gihugu, Muammar Gaddafi.

Urubuga rwa BBC dukesha iyi nkuru rwanditse ko abagabye icyo gitero batari bamenyekana , ariko Leta ya Libya ikomerewe cyane no gucunga imitwe yitwaje intwaro.

Ubu muri iki gihugu, hari uduce twinshi abayobozi b’i Tripoli batari kugenzura, ibi byorohereje cyane imitwe yitwaje intwaro ikorana n’abakuru b’imiryango y’intagondwa zigendera ku matwara akaze y’idini ya Islam.

Uretse abasirikare 15 bahitanwe n’icyo gitero, hari n’abandi batazwi umubare bakomeretse.

Bimwe mu bikorwa by’urugomo biherutse muri Libya, harakekwa ko byagabwe n’imitwe yavuye mu nyeshyamba zagize uruhare mu ihirikwa ry’ubutegetsi bwa Col Gaddafi wavanwe ku butegetsi mu 2011.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages