00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Loni igiye kwirukana abasirikare batatu b’Abarundi bari muri Centrafrique

Yanditswe na

Eric Birori

Kuya 12 February 2016 saa 09:53
Yasuwe :

Umutwe w’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe kubungabunga amahoro muri Centrafrique (MINUSCA), ugiye kwirukana abasirikare batatu b’Abarundi bakekwaho ibikorwa byibasiye inyokomuntu bakoze mu mvururu zabereye mu gihugu bakomokamo nk’uko hari inyandiko zibigaragaza.

Imvururu zimaze igihe mu Burundi zatangiye ubwo Nkurunziza yavugaga ko aziyamamariza kuyobora manda ya gatatu, imibare ya Loni igaragaza ko zimaze kugwamo abasaga 400.

Reuters yatangaje ko Komisiyo ya Loni ishinzwe Uburenganzira bwa Muntu ariyo yazamuye ibyo birego, nk’uko bigaragara mu nyandiko bafite, ariko amazina y’abasirikare bari muri ibyo bibazo ntaratangazwa.

U Burundi busanzwe bufite ingabo zirenga 1200 mu butumwa bwo kugarura amahoro mu bihugu bitandukanye.

MINUSCA yavuze ko atari ubwa mbere abasirikare bavuzweho ibyaha byibasiye inyoko muntu birukanwa mu butumwa bw’amahoro iyo bagaragayeho ibyo bikorwa.

U Burundi buri mu mvururu kuva muri Mata 2015

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages