Amakuru dukesha ibitangazamakuru bitadukanye, agaragaza ko Bambara yatangaje iyi gahunda ku wa Gatatu mu kiganiro ngarukacyumweru cyabereye i Kinshasa.
Yagize ati “Mu rwego rwo kwemeza ko abana barinzwe mu bikorwa byo kugaba ibitero kuri FDLR, MONUSCO yatangije itshinda rishinzwe kurinda abana rizajya rigenzura iyangizwa ry’uburenganzira bw’umwana bwaba bwacitse ingabo za RDC.”
Yakomeje avuga ko ubukangurambaga kuri iyi gahunda bugiye gucishwa ku maradiyo, aho ubutumwa buzaba bwibanda ku gukangurira imitwe yitwaje intwaro kurekura abana yafashe bugwate.
Ati “Turasaba imitwe yitwaje intwaro kurekura abana yafashe bugwate ikabamurikira MONUSCO, kugira ngo batangire ubuzima busanzwe, bajye ku ishuri, bige gukora imirimo, bareke kujya bayiruka inyuma mu buzima bw’ishaymba ndetse banarekere aho gukoreshwa ibyaha by’intambara. Ni abana ntabwo ari abasirikare.”
Bivugwa ko mu byumweru bibiri bishize, abana 75 bishwe mu mirwano. Abana 67 bari mu mitwe yitwaje intwaro bacitse cyangwa bitandukanyije na yo mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, mu ya Kivu y’Amajyepfo, i Katanga no mu Ntara y’Uburasirazuba (Province Orientale).
Bambara ati “Abakobwa babiri bakiri bato bafashwe ku ngufu, umukobwa umwe n’umuhungu baricwa ndetse n’undi yafunzwe n’abari bahanganye. FARDC zarekuye abana batatu nyuma yo gushinjwa kuba ikorana n’imitwe yitwaje intwaro.”



















TANGA IGITEKEREZO