Mu itangazo ryasohowe kuwa Kane tariki ya 19 Gashyantare 2015, Zeid Hussein yavuze ko « ubwicanyi bukorerwa ba nyamweru bugomba guhagarikwa.»
Yategetse ko abayobozi b’inzego z’ibanze muri Tanzania barinda ba nyamweru.
Iyi mpuruza ije nyuma y’urupfu rw’uruhinja rw’amazi 18, Yohana Bahat, rwishwe mu kwezi gushize nyuma yo gushimutirwa iwabo mu rugo mu Majyaruguru ya Tanzania.
Umurambo wa Yohana watahuwe muri pariki iri hafi y’iwabo, waraciwe bimwe mu bice by’umubiri we.
Zeid yatangaje ko kuva mu mwaka wa 2000, ba nyamweru bamaze kwicwa, batatu bakaba barishwe mu mezi abiri ashize.
Bivugwa ko imibiri ya ba Nyamweru ikoreshwa n’abapfumu batekereza ko izanira umuntu amahirwe n’ubukire.
Igice cy’umubiri wa nyamweru bivugwa ko kigurishwa amadolari abarirwa muri 600 muri Tanzania, n’aho umubiri wose ukaba wageza ku madolari 75,000.



















TANGA IGITEKEREZO