00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

M23 yamaganye guceceka k’umuryango mpuzamahanga ku bwicanyi bw’ingabo za Congo

Yanditswe na Rosine Ingabire
Kuya 30 November 2023 saa 10:45
Yasuwe :

Umutwe wa M23 wasohoye itangazo wamagana guceceka k’Umuryango Mpuzamahanga mu gihe ingabo za Congo (FARDC) n’imitwe bafatanya irimo FDLR, Wazalendo n’ingabo z’u Burundi bakomeje kumisha ibisasu ku duce dutuwemo n’abaturage mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Mu itangazo yashyize hanze, M23 yatangaje ko tariki 28 Ugushyingo, uruhande rwa Leta rwagabye ibitero mu gasantere ka Mulimbi muri teritwari ya Rutshuru, aho inzu eshanu z’abaturage zasenywe batanu bagakomereka.

M23 kandi yashinjwe umuryango mpuzamahanga kwirengagiza uruhare rw’indege z’intambara uruhande rwa Leta rwifashisha zikarasa mu basivile nta kurobanura, bamwe bagapfa abandi bagakomereka.

Uwo mutwe wavuze ko bisa nk’aho ntacyo bibwiye amahanga, kuba ntacyo Leta ikora ngo yubahiriza amategeko mpuzamahanga agenga kurinda abasivile mu bihe by’intambara.

Guhera mu Ukwakira uyu mwaka imirwano hagati y’ingabo za Leta na M23 yarubuye muri Kivu y’Amajyaruguru, nyuma y’aho M23 ishinje ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasizuba, kwemerera ingabo za Leta kwisubiza uduce uwo mutwe wari waravuyemo.

M23 igaragaza ko idateze guhagarika imirwano Leta nitemera ibiganiro no gukemura ibibazo bagaragaza byiganjemo ibyo kwibasira abavuga Ikinyarwanda cyane cyane Abatutsi, mu gihe Leta ya Congo nayo yarahiye ko nta biganiro bizabaho.

M23 yamaganye guceceka k’umuryango mpuzamahanga ku bwicanyi bw’ingabo za Congo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages