00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

M23 yamaganye HRW yayishinje kwica abasivile

Yanditswe na Mukwaya Olivier
Kuya 19 July 2022 saa 04:46
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’inyeshyamba za M23 bwamaganye ibirego uyu mutwe ushinjwa n’Umuryango Mpuzamahanga uharanira uburenganzira bwa muntu, Human Rights Watch, byo kwica abasivile mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ku wa 14 Nyakanga 2022, ubwo yagezaga ijambo ku bagize Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, umuyobozi w’agashami gakurikirana ibijyanye n’amakimbirane muri HRW, Ida Sawyer, yavuze ko ku wa 21 Kamena 2022 abarwanyi ba M23 bishe abantu mu gace ka Kavumu muri Teritwari ya Rutshuru kagenzurwa n’uyu mutwe.

Ida Sawyer yavuze ko muri abo bishwe harimo abana bato kandi ko M23 yabishe ibaziza gutanga amakuru ku ngabo za leta FARDC bakazimenyesha aho ibirindiro bya M23 biherereye.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Umuvugizi wa M23, Major Willy Ngoma, yavuze ko nta perereza HRW yakoze ahubwo yagendeye ku mpuha zatangajwe n’imiryango ya Sosiyete Sivile ikorana na leta yenyegeje amagambo y’urwango rwatumye benshi bahohoterwa, bicwa, batwikwa ikaba yararuciye ikarumira.

Major Ngoma yavuze ko uburyo HRW yitwara mu gushinja M23 kuva mu 2012, bigaragaza impungenge z’uko uyu mutwe wibasirwa by’umwihariko hamwe n’itsinda rya bamwe mu Banye-Congo muri rusange.

Yavuze ko HRW yabuze ubunyamwuga mu kugenzura ibirego M23 yashinjwe kuko yagendeye ku buhamya bw’abari mu kwaha bwa leta ya RDC. Ibi abishingira ku kuba uyu muryango utarigeze ugera aho bivugwa ko ibyo bikorwa byakorewe ngo yikorere igenzura ubwayo ahubwo ikihutira gusohora raporo nk’aho iri kwarwanira intambara mu itangazamakuru.

M23 igaragaza ko itewe impungenge n’uko HRW nta raporo n’imwe yigeze isohora yamagana ibikorwa by’imitwe yitwaje intwaro, izwi neza, igaba ibitero byica abasivile nkana mu bice bya Beni, Ituri, Minembwe n’ahandi bazizwa ubwoko bwabo.

Ikindi iri tangazo rigarukaho ni uko akarere k’Uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kigaruriwe n’inyeshyamba za FDLR n’indi mitwe yitwaje intwaro bifatanya mu kwica, gusahura, guca abaturage imisoro, gucukura amabuye y’agaciro zifatanyije na bamwe mu banyepolitiki n’abasirikare muri leta.

Ibi bikorwa bisubiza inyuma ubukungu bw’igihugu bigatuma abatari bake bava mu byabo bagahunga ariko HRW ngo ntibyitaho.

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Umuryango wacu urashimangira ko dufite itsinda ridafite aho ribogamiye ryita ku iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu ryiteguye gukorana na HRW n’undi muryango uwo ari wo wose wakenera kuza kugenzura iby’ibirego dushinjwa cyangwa ibindi bitero bigabwa ku baturage n’ibyabo.”

“M23 yongeye kwamagana ibirego bidafite ishingiro bigambiriye kwangiza isura y’umuryango wacu nyamara ufite impamvu zumvikana zizwi n’umukuru w’igihugu, Felix Antoine Tshisekedi.”

M23 isoza igaragaza ko ishyize imbere umugambi w’amahoro binyuze mu biganiro na leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya congo kugira ngo ubwicanyi bukorerwa abaturage n’imitwe yitwaje intwaro ndetse n’imvugo zibiba amacakubiri bihagarare.

Umuvugizi wa M23, Major Willy Ngoma yavuze ko ibirego bya HRW nta shingiro bifite

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages