00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

M23 yarashe ingabo za RDC zihungira mu kigo cya MONUSCO i Kitchanga

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 22 October 2023 saa 07:49
Yasuwe :

Kuri uyu wa Gatandatu ingabo za M23 zakozanyijeho n’iza Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), abacanshuro b’abanyamahanga n’urubyiruko rwiyise ‘Wazalendo’, birangira uruhande rwa Leta ruyabangiye ingata ruhungira mu kigo cy’ingabo za Loni (Monusco) giherereye i Kitchanga.

Kitchanga ni kamwe mu duce tugize teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Hari hamaze iminsi mu ntoki z’uruhande rw’ingabo za Leta nyuma yo kuhafata bahambuye ingabo z’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC).

Kwisubiza utu duce bikozwe n’ingabo za Leta, byamaganywe cyane na M23, ivuga ko bihabanye n’ibyo basinye ubwo uwo mutwe wemeraga kuhava ukahasigira ingabo za EAC.

Urugamba rwo kuri uyu wa Gatandatu rwari rugamije kwisubiza Kitchanga ku ruhande rwa M23, dore ko ari kamwe mu duce dutuwe n’abavuga Ikinyarwanda cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, bamaze igihe bibasirwa muri RDC.

Amakuru yizewe avuga ko ingabo za Congo n’abazishyigikiye barashweho na M23, bikarangira bahungiye mu kigo cya Monusco kiri i Kitchanga, abandi bahunga biruka n’amaguru.

Abahungiye muri icyo kigo biganjemo abayobozi bakuru bari bayoboye ingabo ku ruhande rwa Leta. Icyo kigo gisanzwe gicumbikiye izindi mpunzi z’abanye-Congo zahunze imirwano.

Kitchanga yahise yisubizwa na M23 ari nayo ihagenzura.

Abarwanyi ba M23 bisubije Kitchanga kuri uyu wa Gatandatu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages