Nubwo kugeza ubu ibyavuye mu matora y’umukuru w’igihugu muri Madagascar bitarajya ahagaragara ariko ku mugoroba wo kuri iki cyumweru hakaba hari hamaze kubarurwa amajwi yo mu biro by’itora 3500 mu 20 000 bigomba kubarurwa, ntibyabujije abakandida bombi bahatanaga mu matora gutangaza ko batsinze amatora n’amajwi abarirwa hagati ya 60 na 65. Ibi byateye impungenge indorerezi mpuzamahanga zagiye kureberera amatora muri iki gihugu.
Amatora akirangira ku wa gatanu,yaba komisiyo y’amatora muri Madagascar n’indorerezi mpuzamahanga bose bari basabye abakandida kwiyubaha kandi bakubaha miliyoni 22 z’abaturage bashaka kuyobora, bagategereza batuje kandi bakemera ugushaka kw’abaturage. Indorerezi kandi zari zasabye abakandida bombi ko utazanyurwa n’ibizava mu matora yazitabaza inzira y’amategeko hakirindwa akaduruvayo.
Nubwo babwiwe ibi, abakandida wagira ngo amatwi bayavuniyemo ibiti. Ku cyumweru mu gitondo nyuma y’uko inama y’umuhuza w’impande zombi SADC irangiye, Robinson Jean Louis, umwe mu bakandida yahise atangaza ku mugaragaro ko yatsinze kabone nubwo ngo mugenzi we yakoresheje uburiganya mu matora.
Kuri iki cyumweru kandi Hery Rajaonarimampianina, undi mukandida, na we yatumije ibitangazamakuru mpuzamahanga iwe mu rugo mu murwa mukuru, yicaye mu ntebe ye nziza na we atangaza ko yatsinze bidasubirwaho. Na we yongeyeho ko nubwo yatsinze mugenzi we yibye amajwi bikomeye cyane.
Nk’uko RFI dukesha iyi nkuru ibitangaza, Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu Jean Omer Beriziky yavuze ko aba bakandida bombi bakwiye gushaka uburyo bwo guhosha amakimbirane y’amatora kuruta uko baba ba nyirabayazana bayo.
Gusa izi mpungenge za minisitiri w’intebe zitandukanye kure n’uko umuhuza mu kibazo cya Madagascar Joaquim Chissano abibona. Kuri we ngo kuba aba bakandida bari gutangaza ko batsinze mbere y’igihe ni ko umukino wa politiki ukinwa. Ati “ubundi mu matora ibintu nka biriya ntibibura. Birashoboka ko ari amayeri abakandida baba bakoresha yo kugira ngo ababashyigikiye badacika intege.Ni kimwe no mu mukino w’umupira w’amaguru, penaliti iraba bagasakuza bayihakana ariko umupira iyo urangiye nta wongera gutera hejuru .Na hariya rero ni uko amajwi nashyirwa ahagaragara bazatuza bakire ibyavuye mu matora.”
Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wohereje indorerezi 123 muri aya matora yo muri Madagascar, kandi zemeza ko kugeza ubu amatora yabaye nta makemwa.



















TANGA IGITEKEREZO