00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Malawi: Umunyarwanda yishwe anizwe

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 2 February 2017 saa 11:59
Yasuwe :

Polisi ya Malawi mu gace kitwa “ Dowa” yatangaje ko iri mu iperereza rihamije gutahura uwishe Umunyarwanda witwa Misigalo Kamiziyo w’imyaka 19 y’amavuko wari mu nkambi ya Dzaleka.

Ushinzwe itangazamakuru muri Polisi mu gace kiciwemo uwo Munyarwanda, Richard Kaponda, yatangaje ko uyu musore yishwe anigishishijwe umukandara we kuwa 30 Mutarama 2017.

Nk’uko tubikesha Nyasa Times, Kaponda yatangaje ko abaturage baherukaga kumubona kuwa 30 Mutarama 2017 avoma amazi hafi y’aho yari atuye, mushiki we witwa Nyirahabimana Cancilide asohotse nijoro agiye kwitaba telefone, abona umurambo wa musaza ahita abimenyesha polisi.

Polisi itangaza ko iperereza ryagaragaje ko uwo munyarwanda yishwe anizwe.

Mu kiganiro IGIHE yagiranye mu mwaka ushize na Ambasaderi w’u Rwanda muri Afurika y’Epfo, Vincent Karega, yavuze ko muri bihugu byo mu Majyepfo y’Afurika, birimo na Malawi hajya haba imigambi y’Abanyarwanda b’abimukira bashaka kugirira nabi cyangwa kwica bagenzi babo b’abimukira. Ibyo bikagaragara no muri Mozambique, Zambia, na Swaziland.

Isoko ryo mu nkambi ya Dzaleka irimo n'Abanyarwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages