Ku itariki 20 Ugushyingo nibwo abarwanyi bo mu mutwe ugendera ku mahame y’idini ya Islam, Al-Qaeda bafashe bugwate mu gihe cy’amasaha agera ku icyenda abashyitsi 170 n’abakozi b’iyi hotel, bicamo 22 abandi 14 barakomereka.
Nyuma y’ibyo bitero byabaye ngombwa ko hotel iba ifunze imiryango kugira ngo bongere bayisane ku buryo ijya ku rwego rwo kongera kwakira abakiriya, kuko ibintu byinshi birimo inyubako n’ibikoresho byari byangiritse cyane.
Gary Ellis, Umuyobozi w’iyi hotel yabwiye Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) ko mu bindi biri gukorwa harimo ibijyanye no gushyiraho uburyo bushya bwo gucunga umutekano.
Yagize ati "Twashyizeho inzugi z’ibyuma. Mbere yo kwinjira hazajya habaho gusaka ibikapu n’imodoka ndetse twifashishe n’amashusho (vidéosurveillance). Ibikuta byo hanze tuzabyigiza hejuru ku buryo nta muntu wapfa kugira icyo ajugunyamo. Tuzashyiraho bariyeri z’ibyuma zifite metero ebyiri kandi zikikije hotel ndetse dushyireho n’urugi rwa kabiri rw’icyuma ku muryango w’ibumoso.”
Uretse ibikorwa byo gusana byatumye hotel idakomeza gukora, hari kandi n’abakozi basabye guhabwa umwanya uhagije wo gutuza dore ko hari na bagenzi babo batatu basize ubuzima muri biriya bitero.
Amakuru yashyizwe kuri twitter n’ibiro bya Perezida wa Mali yavugaga ko Ibrahim Boubacar Keita, Perezida w’iki gihugu yishimiye kuba iyi hotel yongeye gufungura imiryango ndetse ko aza no kujya kuyisura.



















TANGA IGITEKEREZO