Ubwo yaganiraga n’Umushakashatsi mu Karere ka Afurika y’Ibiyaga Bigari, Dr. Bojana Coulibaly mu kiganiro cyatambutse ku muyoboro ya YouTube witwa One Nation Radio, yagaragaje uburyo hari abandi Banye-Congo bafite ubundi bwenegihugu kandi ntawe ubavuga ariko byagera ku bo mu bwoko bw’Abatutsi bikaba ikibazo.
Ati “Abagize Guverinoma batandukanye, abasenateri benshi n’abadepite n’umuryango wose wa Perezida ni Ababiligi. [...]. Ikibazo ni itegeko kandi birakomeye muri iki gihugu kuko itegeko rigenga ubwenegihugu rireba bamwe ariko abo bandi ntiribareba.”
Yasobanuye ko iryo tegeko uko ryanditse rigaragaza ko iyo umuntu afite ubundi bwenegihugu atakaza ubwa Congo ariko mu by’ukuri ibyo bikorwa bikibasira Abanye-Congo b’Abatutsi.
Ati “Mu by’ukuri itegeko rigenga Ubwenegihugu ririho nk’igikoresho cyo gukandamiza Abatutsi bafata nk’Abanyarwanda. Ubwo nari mu Nteko Ishinga Amategeko nigeze gutanga igitekerezo ko twakwemera ubwenegihugu bubiri ariko abandi bose bandebye nk’umujura. Baravuze ngo turyamutse twemereye ubwenegihugu bubiri Abanyarwanda bose bashirira muri Congo.”
Yavuze ko mu by’ukuri ingingo y’ubwenegihugu muri RDC atari ikintu kijyanye n’amategeko nk’uko babyakagenze ahubwo ari ingingo ishingiye ku marangamutima yo kuvuga ngo uyu ni Umututsi kandi ubwo ni Umunyarwanda.
Yagaragaje ko ubundi uko iryo tegeko rimeze rigaragaza ko Umunye-Congo wari uhatuye kuva mbere y’Ubukoloni aba afite Ubwenegihugu kandi ko ibyo nta kibazo ariko ko birengagiza uko ab’Abatutsi bakabibasira nkana.
Yagaragaje ko uko iryo tegeko rivuga ubundi nta kibazo ryari riteye kuko n’ubundi Abanye-Congo bari batuye mbere y’ubwigenge ariko byagera ku b’i Rutshuru, Masisi n’i Mulenge Abatutsi baho bagasiragizwa bazira ko bakatiweho imipaka n’Abakoloni kandi barahoze na bo batuye.
Ati “Ntidukurikiza iryo tegeko ahubwo tugendera ku bihuha tugashingira ku buryo abantu bagaragara no kugendera ku marangamutima.”
Me Nyarugabo yagaragaje ko igishimangira uburyo muri RDC ubwenegihugu ari ikintu kidashingira ku kuri ari uko mbere y’uko Joseph Kabila wahoze ayobora icyo gihugu akatirwa kwicwa Abanyamategeko ba Leta babanje kuvuga ko atari Umunye-Congo bagira ngo babyuririreho bamwita umwanzi w’Igihugu ariko nyuma biza kuburirwa ibimenyetso.
Itegeko Nshinga ryo mu 2006 RDC igenderaho rigena ko buri bwoko bwari butuye muri icyo gihugu ubwo cyabonaga Ubwigenge buba ari Abanye-Congo nyabo kandi harimo n’Abatutsi ariko kuko bashinjwa kuba Abanyarwanda kandi ubwenegihugu bubiri butemewe, bakunze gufatwa nk’abanyamahanga kugeza n’ubu icyo Igihugu ntikibiyumvamo nk’abaturage bacyo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!