00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minembwe: Umusaza yatawe muri yombi azira drone ya FARDC yaburiwe irengero

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 25 October 2024 saa 07:53
Yasuwe :

Zachée Runezerwa, umusaza w’imyaka 65 wo mu Minembwe muri Kivu y’Amajyepfo, yatawe muri yombi tariki 22 Ukwakira, nyuma y’ibura ry’indege itagira abapilote (drone) y’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC).

Uyu musaza wo muri teritwari ya Fizi, yafashwe nyuma y’iyo drone igisirikare cyohereje mu kirere ntigaruke, bakamushinja ko ashobora kuba azi aho iri kuko yarengeye mu mitungo ye iri hafi aho.

Bivugwa ko uyu musaza usanzwe akora akazi k’ubwarimu, atuye mu birometero birindwi uvuye hafi y’ibirindiro bya FARDC.

Hari amakuru avuga ko uwo musaza ashobora kuba arengana, ko drone yaburiwe irengero kubera amakosa ya tekiniki yakozwe n’umusirikare wayigurutsaga.

Hari uwagize ati “Umusirikare wayikoreshaga yari yasinze. Yarayiyoboye iragenda ariko yibagirwa kuyigarura.”

Sosiyete sivile yo muri Fizi yamaganye iryo fungwa, basaba ko uwo musaza yarekurwa.

Bivugwa ko kuri uyu wa Kabiri abasirikare ba FARDC biriwe hafi y’aho uwo musaza atuye bari gusaka ngo barebe niba nta muturage wayitwaye.

Umusaza watawe muri yombi atuye mu Minembwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages