Minisitiri Naledi yavuze ko ahangayikishijwe n’umuryango we kuko mu butumwa bwanyujijwe ku mbuga nkoranyambaga bugaragaramo amazina y’abana be. Gusa yongeyeho ko nubwo intasi za Israel ziri kubibasira badakwiye kugira ubwoba, ahubwo ko bafite gahunda yo gukomeza kurega iki gihugu na cyo gikomeje intambara kuri Gaza.
Uyu muyobozi kandi yongeyeho ko Igihugu cye kimaze iminsi ku gitutu cy’ibigo by’ubutasi bitandukanye nyuma y’urubanza cyarezemo Isarel kikanasabira Minisitiri w’Intebe wacyo, Benajamin Netanyahu gufatwa n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha ngo akurikirwanwe.
Muri Mutarama uyu mwaka nibwo Urukiko Mpuzamahanga rw’Ubutabera rwa Loni rwaburanishije urubanza Israel yarezwemo na Afurika y’Epfo, rwanzura rutegeka iki gihugu cyarezwe guhagarika bwangu ibikorwa bya Jenoside.
Uwo mwanzuro ariko nta kintu na kimwe Israel yigeze iwukoraho ari na ho Afurika y’Epfo ihera ivuga ko ishaka gukomeza ikirego cyayo kuko Israel yakomeje kwica abasivile b’Abanyaplesitine.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!