Reuters yatangaje ko Minisitiri Stuart yari ahagarariye Guverinoma y’u Bwongereza muri iyi nama igamije gushyiraho ingamba zo guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, kugira ngo hirindwe ingaruka mbi zayo.
Umuvugizi wa Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, yemeje ko koko Minisitiri Stuart yavuye muri iyi nama kugira ngo yifatanye n’abandi bashingamategeko mu gutora kuri gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda, kandi ngo iki gikorwa nikirangira, arasubira i Dubai.
Ati “Yagarutse ngo yitabire Inteko ariko arasubiraho mu mwanya.”
Hari abagaragaza ko gusohoka muri iyi nama kwa Minisitiri Stuart ari ikimenyetso kigaragaza ko Guverinoma y’u Bwongereza, nta gaciro iha gahunda y’Umuryango w’Abibumbye yo guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, mu gihe ikirere gikomeje guteza ibyago byinshi mu batuye Isi birimo amapfa, inzara n’imyuzure.
Biteganyijwe ko iri tora riba ku mugoroba wo kuri uyu wa 12 Ukuboza 2023. Ni mu gihe bamwe mu bagize inteko barimo ab’ishyaka ry’aba-Conservateur riyoboye guverinoma bamaze iminsi bagaragaza ko badashyigikiye iyi gahunda.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!