00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri wo mu Bwongereza yise imirwano yo muri Sudani y’Epfo ‘Jenoside’

Yanditswe na IGIHE
Kuya 14 April 2017 saa 08:04
Yasuwe :

Minisitiri w’Iterambere mu Bwongereza, Priti Patel, yavuze ko ubwicanyi n’ubugizi bwa nabi bukomeje gufata indi ntera muri Sudani y’Epfo bugeze ku kigero cyo kwitwa Jenoside.

Uyu muyobozi yabitangaje ubwo yaganiraga n’abanyamakuru muri Uganda nyuma y’uruzinduko yari yagiriye muri Sudani y’Epfo.

Ati “ Ni ibijyanye n’amako, ni amako nta kabuza, kubera ibyo rero ni Jenoside.”

Intambara muri Sudani y’Epfo yatangiye mu Ukuboza 2013 imaze gufata indi ntera ishingiye ku bwumvikane buke hagati y’abaturage badahuje ubwoko.

Ishyamiranyije impande ebyiri harimo rumwe bw’ubwoko bw’aba-Dinka n’urw’aba-Nuer; amoko abiri akomeye muri iki gihugu.

Perezida Salva Kiir w’umu-Dinka n’uwahoze ari Visi Perezida we, Riek Machar, batangiye imirwano ishingiye ku kwigarurira ubutegetsi mu 2013.

BBC yatangaje ko umujyanama wa Loni ku kurwanya Jenoside, Adama Dieng, yigeze kuvuga ko ibibera muri iki gihugu bifite aho bihuriye na Jenoside. Kugeza ubu, abantu barenga miliyoni eshatu bakuwe mu byabo n’iyi mirwano.

Gusa Minisitiri w’Itangazamakuru muri Sudani y’Epfo, Michael Makuei, we yatangaje ko amagambo ya Patel adakwiye ndetse agamije kuyobya abantu.

Imirwano muri Sudani y'Epfo yatangiye mu 2013

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages