Nyuma y’uko urwego rw’abadepite rwariho rwari rwiganjemo abo mu ishyaka rya Muslim Brotherhood, rusheshwe n’urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga mu mwaka wa 2012, muri iki gihugu nta Nteko Ishinga Amategeko yahabaga.
Nyuma y’umwaka umwe nibwo uwahoze ari mu basirikare bakuru Abdel Fattah al-Sisi yahiritse ku butegetsi uwari Perezida Mohammed Morsi.
Inteko Ishinga Amategeko ya Misiri igizwe n’abadepite 568, yahawe iminsi 15 ngo ibe yashyize ku mugaragaro amategeko 300 mashya.
Aba badepite kandi baracyafite inshingano zo gutora Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko n’abamwungirije babiri.



















TANGA IGITEKEREZO