00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Misiri: Hagiye gutorwa Inteko Ishinga Amategeko nyuma y’imyaka 3 ntayo bagira

Yanditswe na

Mihigo Jean Baptiste

Kuya 1 September 2015 saa 04:51
Yasuwe :

Igihugu cya Misiri cyari kimaze imyaka igera kuri 3 nta Nteko Ishinga Amategeko gifite, komisiyo ishinzwe amatora muri iki gihugu yatangaza ko izatorwa ku itariki ya 18 na 19 Ukwakira 2015.

Ubusanzwe aya matora yari kuba muri Werurwe uyu mwaka, ariko byaje kurangira yigijwe inyuma kuko hari ibyari bikiri kwigwaho mu itegeko nshinga.

Iki gihugu cyatangiye kubaho nta Nteko ishinga amategeko guhera muri Kamena 2012, nyuma y’uko urukiko rukuru rw’icyo gihugu ruyisheshe, bitewe n’uko yari yaratowe ku ngoma ya Hosni Mubarak wahiritswe ku butegetsi mu myigaragambyo yatangiye mu mpera z’umwaka wa 2011.

Ubutegetsi bukimara gufatwa na Gen.Abdel Fattah al-Sisi, yategetse ko habaho amatora anyuze mu mucyo, ariko nyuma abanyamisiri benshi baje kurwanya iki cyemezo.

Leta ya Misiri yatangaje ko aya matora ari ikimenyetso cyerekana ko iki gihugu gifite ubushake bwo kuzana demokarasi.

Icyiciro cya mbere cy’aya matora giteganyijwe kuba hagati y’itariki ya 18 na 19 Ukwakira, n’aho ikindi giteganyijwe ku matariki ya 22 na 23 Ugushyingo 2015.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages