Mu itangazo uyu mutwe washyize ahagaragara kuri uyu wa 22 Mutarama 2016, wavuze ko wari wabanje gutega ibisasu mu nzu yarimo abapolisi nyuma abarwanyi bawo baza kurasa.
Ibinyujije ku rukuta rwayo rwa Facebook, Minisiteri y’Umutekano mu Misiri yavuze ko itsinda ry’abategura ibisasu, kuwa gatatu bagerageje gutegura igisasu ariko kirabaturikana cyica abapolisi batatu, umusivile umwe ndetse n’abandi bantu babiri bataramenyekana.
Uku guturika kwabereye mu nzu y’agatsiko k’abayisilamu birukanwe muri iki gihugu iri mu gace ka Al-Haram ho muri Cairo.
Inzego z’umutekano mu Misiri zashyizwe mu bice bitandukanye by’igihugu mu gihe bitegura kwizihiza imyaka itanu hahiritswe ku butegetsi uwahoze ari Perezida Hosni Moubarak mu mwaka wa 2011.
Tariki ya 15 Mutarama 2016, abasirikare bane ba Misiri barishwe, abandi umunani bakomerekera mu mirwano yashyamiranije ingabo za leta n’umutwe witwaje intwaro hafi ya Cheikh Zoueid mu Majyaruguru ya Sinaï nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza.
Guhera muri Nyakanga 2013, ubwo ingabo zavanagaho Perezida Mohamed Morsi, Misiri yahise itangira kwibasirwa n’imitwe y’abiyahuzi.



















TANGA IGITEKEREZO