00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Misiri: Umwana w’imyaka ine yakatiwe gufungwa burundu azira ibyaha by’ubwicanyi

Yanditswe na

Mukaneza M.Ange

Kuya 21 February 2016 saa 06:42
Yasuwe :

Urukiko rwo mu Misiri rwakatiye umwana w’imyaka ine igihano cyo gufungwa burundu azira ibyaha bine byo kwica.

Ahmed Mansour karni, yahamijwe n’urukiko adahari ibyaha bine byo kwica, umunani byo kugerageza kwica, kwangiza umutungo, guhungabanya umutekano no gutera ubwoba abapolisi.

Uwo mwana w’umuhungu yasohotse ku rutonde rw’abantu 115 bose bakatiwe gufungwa burundu n’urukiko rwa gisikare ruri i Cairo, ku byaha bakoze ku itariki ya 3 Mutarama mu 2014, mu Ntara ya Fayoum.

Daily Mail dukesha iyi nkuru yavuze ko izina rya Ahmed ryagiye kuri urwo rutonde kubera kwibeshya ariko urukiko rukanga kwakira icyemezo cy’amavuko ye nk’uko byemezwa n’abunganizi be mu mategeko.

Umwe muri bo witwa Faisal al-Sayd, yavuze ko we ubwe yagejeje icyemezo cy’amavuko cya Ahmed ku rukiko ariko rwo ntirugishyikirize umucamanza.

Undi mwunganizi mu mategeko witwa Mohammed Abu Hurira yagaragaje ko muri urwo rubanza rwerekana ko mu Misiri nta butabera buhari. K

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages