00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Moïse Katumbi yemeje ko Kabila agiye guhererekanya ubutegetsi

Yanditswe na

Eric Birori

Kuya 8 January 2016 saa 09:46
Yasuwe :

Moïse Katumbi, wahoze ari Guverineri w’Intara ya Katanga uherutse gutangaza ko yiyunze n’abarwanya ubutegetsi bwa Kabila yavuze ku nshuro ya mbere muri Congo-Kinshasa hazaba uguhererekanya ubutegetsi.

Ibi Katumbi yabitangaje kuri uyu wa 6 Mutarama 2015 ubwo yagiranaga ikiganiro n’abanyamakuru. Ati“Umwaka wa 2016 uzaba umwaka wo guhererekanya ubutegetsi ku nshuro ya mbere mu mateka ya Congo.”

Yakomeje avuga ko icyo gikorwa kizaba ari amateka ndetse bizaba nyuma y’uko yiyunze n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi gusa akavuga ko icy’ingenzi ari ugutegura amatora nkuko Radio Okapi ibitangaza.

Ati “Tuzagira amatora ya Perezida ndetse n’abagize Inteko Ishinga Amategeko mu mwaka wa 2016. Itegeko Nshinga ntiryahindutse. Abaturage, abacuruzi, abanyeshuri bose bazi ko mu 2016 ari umwaka w’amatora."

Moïse Katumbi ari mubashobora kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika muri Congo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages