00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mozambique: Abagera ku 6000 bamaze guhungira muri Malawi

Yanditswe na

Mukaneza M.Ange

Kuya 19 February 2016 saa 11:08
Yasuwe :

Abaturage bagera ku bihumbi bitandatu bo mu majyaruguru ya Mozambique bamaze guhungira muri Malawi kubera imvururu n’imirwano hagati ya Leta n’imitwe yitwaje intwaro.

Imirwano hagati ya Leta ya Mozambique n’umutwe wa Renamo ( Résistance Nationale du Mozambique) ikomeje kugaragara muri ako gace, yatangiye nyuma y’amatora yabaye mu 2014.

Nubwo abaturage bagera ku 6000 bavuga ko bafashe icyemezo cyo guhungira muri Malawi kubera izi mvururu, Leta ya Mozambique irabihakana ikavuga ko atari impunzi,ahubwo ari abimukira bagiye kubera amapfa ari mu gihugu.

BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko ifite ubuhamya bw’abaturage bavuga ko abayobozi ba Mozambique binjiye mu nkambi muri Malawi kugira ngo bumvishe abaturage ko bagomba gutaha.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (HCR) rivuga ko niba koko Leta yarakoze ibikorwa nk’ibi, kwaba ari ukurenga ku mategeko mpuzamahanga.

Abaturage bagera ku bihumbi bitandatu bamaze guhunga

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages