Museveni yabivuze ku Cyumweru tariki ya 30 Kanama 2026, ubwo yari mu muhango wo gusoza ibirori byo kwizihiza imyaka 90 ishize ibikorwa by’Itorero ry’Abangilikani bitangijwe muri Ankole.
Ni ibirori byabereye kuri Katederali ya St James mu Mujyi wa Mbarara.
Mu ijambo rye, Perezida Museveni yavuze ko yizeye kuzaba akiriho mu 2036, ubwo iri torero rizaba ryizihiza imyaka 100 rishinzwe.
Ati “Ntekereza ko nzaba nkiriho mu 2036, kandi nzaba ndi kumwe namwe.”
Museveni uzuzuza imyaka 82 muri Nzeri 2026, yavuze ko kuba akiri muzima abikesha umugisha w’Imana.
Perezida Museveni yavuze ko mu myaka 77 ishize yigeze kugera ku kibanza cyubatsemo katederali ubwo hizihizwaga imyaka 50 ishize Itorero ry’Abangilikani rigeze muri Ankole.
Ati “Naje bwa mbere muri iki kibanza cya katederali hashize imyaka 77. Mwibaze, nari hano hashize imyaka 77 kandi ndacyahari. Imana ishimwe.”
Aya magambo ya Museveni yongeye kugaruka ku byo yari yaravuze mbere ko ashobora kuzabaho kugeza ku myaka 100. Mu 2025, ubwo yasuraga ibikorwa bya gahunda y’iterambere ry’uturere muri Mubende, yavuze ko abakobwa be bamubwiye ko ashobora kugera kuri iyo myaka.
Icyo gihe yagize ati “Mfite imyaka 80, abakobwa banjye baherutse kumbwira ko nshobora kugera ku myaka 100. Ibyo bivuze ko nkifite imyaka nka 20 ku isi, hanyuma nkagenda nkajya mu ijuru.”
Museveni akunze kuvuga ko ubuzima bwe bwiza abukesha kwirinda inzoga n’itabi, kurya indyo gakondo ndetse no gukomeza gukora imyitozo ngororamubiri.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!