00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Museveni ari gukoza imitwe y’intoki kuri manda ya karindwi

Yanditswe na Iradukunda Serge
Kuya 17 January 2026 saa 07:55
Yasuwe :

Mu gihe habura amasaha make ngo Komisiyo y’Amatora muri Uganda itangaze ibyavuye mu matora y’umukuru w’igihugu, imibare iri kugaragaza ko nta gihindutse yegukanwa na Yoweri Kaguta Museveni kandi ku kinyuranyo kinini.

Ku wa 15 Mutarama 2026 nibwo Abanya-Uganda bazindukiye mu matora y’umukuru w’igihugu ndetse n’ay’abagize Inteko Ishinga Amategeko.

Ku mugoroba w’uwo munsi hahise hatangira gutangazwa ibyavuye mu matora, bigaragara ko Museveni ayoboye abandi bakandida kandi ku kinyuranyo cyo hejuru.

Kugeza ubu Museveni w’Ishyaka National Resistance Movement (NRM) afite amajwi 73,72%, agakurikirwa na Robert Kyagulanyi w’ishyaka NUP ufite 22,66%. Ku mwanya wa gatatu hari Nathan Nandala Mafabi w’ishyaka Forum for Democratic Change (FDC) n’amajwi 1,89%.

Umwanya wa kane uriho Mugisha Muntu wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda ariko nyuma aza gushwana na Museveni yinjira mu batavuga rumwe n’ubutegetsi. Afite amajwi 0,53%. Abandi bakandida bane bose nabo nta n’umwe urabasha kugira ijwi 1%.

Amatora y’uyu mwaka yagombaga kwitabirwa n’Abanya-Uganda barenga miliyoni 21, gusa imibare igaragaza ko yitabiriwe ku kigero cya 43,9%, bivuze ko abatoye ari 9.524.709. Muri aba bose Museveni amaze gutorwa n’abarenga miliyoni 6, mu gihe Kyagulanyi yatowe n’abarenga miliyoni 2.

Mu gihugu hose hari hashyizwe ibiro by’itora 50.739, ibimaze kubarura amajwi yabyo ni 69,95% bingana na 30.138.

Ushingiye kuri iyi mibare ubona ko Museveni ari bwegukane amatora y’umukuru w’igihugu kandi ku kinyuranyo kinini ugereranyije n’amajwi yari yabonye mu 2021.

Mu matora aheruka, Museveni yatsinze ku majwi 58,38 %, Robert Kyagulanyi bahanganye n’uyu munsi agira 35,08 %.

Kwiyongera kw’amajwi Museveni atsindiraho gushobora guterwa n’ibintu byinshi birimo kwiyongera kw’abamutora no gushyiraho ingamba zituma amajwi atibwa, cyane ko nyuma yo gutora yavuze ko azatsindira ku majwi 80%, kuko amatora aheruka abatavuga rumwe na we bakoze uburiganya bakoresha izindi mpapuro z’itora i Dubai, birangira abonye amajwi make.

Ku rundi ruhande, Robert Kyagulanyi yatangiye guca amarenga yo kwanga ibyavuye mu matora.

Yavuze ko na Perezida wa Komisiyo y’Amatora muri Uganda, Simon Mugenyi Byabakama na we ubwe atazi aho amajwi ari gutangaza yavuye.

Ati “Mwirengagize ibyavuye mu matora by’ibihimbano biri gutangazwa na Byabakama. Ntabwo yabasha gusobanurira umuntu aho ari majwi ari kuva. Abari baduhagarariye ahari kubarurirwa amajwi, inkomoko yayo, uyu mukozi w’ubutegetsi buriho ntagire icyo avuga.”

Perezida Museveni yavuze ko azegukana intsinzi ku majwi 80% kuko ubushize yibwe

Hongeye kuvuka imvururu

Mbere gato y’uko amatora atangira, igisirikare cya Uganda na Polisi byatangiye kongera umubare w’abashinzwe umutekano muri Kampala ndetse n’indi mijyi.

Ni icyemezo cyari kigamije gutanga umutekano ku batora, ndetse no kuburizamo akavuyo gashobora kuvuka mu matora cyangwa nyuma yayo.

Nibura abantu 12 nibo bimaze kumenyekana ko bapfuye baguye mu mvururu zabaye hirya no hino kubera ibyavuye mu matora.

Abapfuye barimo abantu barindwi bo mu Karere ka Butambura bivugwa ko barashwe mu ijoro ryo ku wa Kane n’abashinzwe umutekano. Bivugwa ko abandi batatu bakomeretse.

Umuyobozi wa Polisi muri ako gace, Lydia Katushabe, yemeje urupfu rw’aba bantu avuga ko rwaturutse ku kuba barinjiye ahantu habarurirwaga amajwi bagashaka kurwanya inzego z’umutekano no guhungabanya ibikorwa byari biri kuba.

Abo bantu bivugwa ko bari bashyigikiye umukandida witwa Muhammed Muwanga Kivambi, uri kwiyamamariza umwanya mu Nteko Ishinga Amategeko.

Hari abandi bantu batanu bivugwa ko bapfiriye mu gace ka Luwero. Polisi yavuze ko barashwe kubera ko bari mu bikorwa byo guhungabanya umutekano.

Mu bo byavugwaga ko barashwe harimo n’umurinzi wa Bobi Wine, gusa Umuvugizi wa Polisi, ACP Kituuma Rusoke yabihakanye, avuga ko ari ibihuha.

Yakomeje avuga ko mu Karere ka Butambala Polisi yahanganye n’abageragezaga kwigaragambya, ndetse hagira abapfa.

ACP Kituuma Rusoke yavuze ko hari amatsinda y’abantu ashaka gutera ubwoba abaturage, gusa ashimangira ko umutekano ari wose kandi abaturage bashobora kugenda mu muhanda nta mpungenge, ndetse bagakomeza ibikorwa byabo by’ubucuruzi.

Ati “Ibikorwa bikwiriye gukomeza nk’uko bisanzwe, nta muntu ukwiriye guterwa ubwoba, yaba n’abanyamakuru.”

Ku rundi ruhande, abashyigikiye Bobi Wine na we ubwe, yavuze ko inzego z’umutekano zagose urugo rwe nyuma yo gutora zishaka kumuta muri yombi.

Yavuze ko “abo bagizi ba nabi basimbutse uruzitiro bashaka kunta muri yombi”. Yanditse kuri X ko urugo rwe rwagoswe ku buryo nta muntu n’umwe winjiraga cyangwa ngo asohoke.

Ku rundi ruhande, byavuzwe ko Igisirikare cyari gifite gahunda yo kumushimuta, gusa umuvugizi wacyo Chris Mageza, yavuze ko ibyo ari ibihuha.

Mu ijoro ryo ku wa Gatanu, ishyaka rya Bobi Wine ryari ryatangaje ko yashimuswe akuwe mu rugo rwe hakoreshejwe kajugujugu.

Umuvugizi wa Polisi ya Uganda, ACP Kituuma Rusoke we yabwiye NBS ko Bobi Wine atigeze atabwa muri yombi, ndetse ari mu rugo rwe.

Ati “Robert Kyagulanyi Ssentamu ari mu rugo rwe i Magere, iyo tuza kuba twamutaye muri yombi twari kuba twabitangaje, ndetse tukavuga impamvu yatawe muri yombi.”

Gusa aya makuru yaje guhabanya n’ayatangajwe n’umuhungu we Bobi Wine uzwi ku mbuga nkoranyambaga nka Solomon Kampala.

Yavuze ko ubwo urugo rwabo rwagotwagwa n’abagize inzego z’umutekano “data yabashije gucika, ariko mama we aracyafungiye mu rugo, kugeza ubu nta muntu wemerewe kwinjira mu rugo. Perezida Kyagulanyi yabashije gucika.”

Mu bice bitandukanye, hagiye hagaragara kandi ibindi bikorwa by’urugomo aho abashyigikiye Bobi Wine batwitse ibiro by’ishyaka rya Museveni.

ACP Kituuma Rusoke yavuze ko batigeze babuza abantu kwinjira mu rugo rwa Bobi Wine, ko ariko nanone badashobora kwemera ko rukoreshwa nk’ahantu ho gutereza akavuyo n’ibikorwa by’urugomo.

Ati “Mbere na mbere nk’uko twabibabwiye twashyize imbaraga mu kugenzura ahantu dutekereza ko ari ikibazo ku mutekano. Ntabwo twabujije abantu kumugeraho, ariko ntabwo twakwihanganira ko abantu bakoresha urugo rwe mu guhura bagateza cyangwa bagahembera ibikorwa by’urugomo. Ntabwo twakwemera ko ahantu hakoreshwa ku mpamvu z’akavuyo.”

Ku mugoroba wo ku wa 16 Mutarama 2026, Ambasade ya Amerika muri Uganda, yasabye Abanya-Amerika bari muri iki gihugu kwirinda kujya mu kivunge cy’abantu no gukora ingendo zitari ngombwa kuko ifite amakuru ko hari aho polisi iri gukoresha imyuka iryana mu maso, mu kuburizamo imyivumbagatanyo.

Museveni amaze imyaka 40 ku butegetsi
Robert Kyagulanyi ni umwe mu bakomeye ku ruhande rw'abatavuga rumwe na Museveni

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages