Mu birori by’umunsi mukuru w’umuryango byizihizwa ku wa 30 Kamena 2024, Museveni yabwiye urubyiruko ko rukwiye kwirinda ubusambanyi, rugategereza kubanza rwasezerana byemewe n’amategeko.
Museveni yagaragaje ko abasore n’inkumi bakwiye kwita ku masomo, bagafasha ababyeyi imirimo yo mu rugo, bagera mu myaka 22 cyangwa 23 bakabona kubaka imiryango yabo bagifite imbaraga, bakabona gukora imibonano mpuzabitsina uko babyifuza.
Uyu Mukuru w’Igihugu yagize ati “Urubyiruko rugomba gutegereza mbere yo kwishora mu mibonano mpuzabitsina. Imyaka myiza yo gushinga urugo iri hagati y’imyaka 22 na 23. Gutegereza iyi myaka bituma unyurwa n’imibonano mpuzabitsina kandi ikaba myiza kugeza ku myaka 90.”
Museveni kandi yasabye imiryango gushaka ubutunzi, ayimenyesha ko umuryango udafite ubutunzi uba umeze nk’ubwato butagira icyuma ndangacyerekezo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!