00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Museveni yakiriye Dagalo uhanganye na Leta ya Sudani

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 28 December 2023 saa 07:42
Yasuwe :

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yakiriye Gen Mohamed Hamdan Dagalo uyobora umutwe witwaje intwaro wa RSF (Rapid Support Forces) uhanganye n’ingabo za Leta ya Sudani.

Museveni, kuri uyu wa 27 Ukuboza 2023 yasobanuye ko we na Dagalo uzwi nka Hemedti baganiriye ku mwuka uri muri Sudani mu gihe impande zombi zimaze igihe ziri mu mirwano.

Yagize ati “Nakiriye mu rugo rwanjye i Rwakitura Gen Mohammed Hamdan Dagalo wahoze ari Umuyobozi Mukuru wungirije w’inama y’inzibacyuho ya Sudani. Mu guhura kwacu, yansobanuriye ku mwuka uri muri Sudani.”

RSF ni umutwe ukomoka ku ba-Janjaweed bari barayogoje Intara ya Darfur iri mu Majyaruguru ya Sudani, bakoreshwaga n’ubutegetsi bwa Omar al Bashir nk’imbaraga zo kwikiza abataravugaga rumwe na we.

Muri Mata 2023, RSF yakoranaga n’ubutegetsi bwa Sudani yagiranye ubwumvikane buke n’Ingabo za Leta ziyobowe na Gen Abdel Fattah al-Burhan bushingiye ku miyoborere y’iki gihugu, intambara irarota.

Abakurikiranira hafi ibibera muri Sudani kuva Bashir yava ku butegetsi, bahamya ko RSF yatangiye intambara yari imaze igihe yisuganya, ndetse barashimangira ko ari ho yakuye imbaraga zo gufata ibice by’ingenzi by’igihugu birimo Darfur n’Ikibuga cy’Indege cya Khartoum.

Museveni, nk’umuyobozi w’inararibonye mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, ari mu bari gukora ibishoboka byose kugira ngo bumvikanishe Gen Dagalo na Burhan, bahagarike intambara imaze kwicirwamo abarenga ibihumbi 12.000 no kwimura abarenga miliyoni 6,8.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages