Ambongo, mu ijoro ryo ku wa 24 rishyira uwa 25 Ukuboza 2023 ubwo yari mu birori byo kwitegura Noheli kuri Cathédrale Notre Dame du Congo i Kinshasa, yatangaje ko aya matora yabayemo inenge zifite uburemere kandi ahamya ko zateguwe.
Uyu mushumba yatangaje ko Komisiyo yigenga ishinzwe amatora muri RDC, CENI, itari yiteguye gutegura no gutangiza aya matora, ariko yarabyirengagije, yemera ko aba mu kavuyo.
Ati “Ibyagombaga gutuma habaho kwizihiza kunini indagagaciro za demokarasi byahindutse byihuse igisebo kuri benshi. CENI ntabwo yari yiteguye gutegura amatora yo ku wa 20 Ukuboza. Yashatse kubitegura yirengagije ariko izi ni zo ngaruka.”
Ingaruka yavugaga ni ibibazo byagaragaye muri aya matora birimo ubukererwe bukabije mu gufungura ibiro by’itora, kwibura kwa bamwe ku rutonde rw’abemerewe gutora, urugomo rurimo kwiba, kwangiza no gutwika imashini z’itora; byatumye bamwe mu bakandida basaba ko asubirwamo.
Ambongo yatangaje ko imigendekere y’aya matora yatumye RDC igira isura mbi ku ruhando mpuzamahanga. Yabajije ati “Ni iyihe sura turi guha igihugu cyacu ku ruhando mpuzamahanga?”
CENI iri gutangaza ibyavuye muri aya matora guhera tariki ya 22 Ukuboza. Mu majwi 1.029.616 amaze kugaragazwa kugeza ku ya 24 Ukuboza, Tshisekedi afitemo 82,60%, agakurikirwa na Moïse Katumbi ufite 14,30%.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!