00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Niger:Igisirikare cyagerageje guhirika ubutegetsi bwa Perezida Mahamadou Issoufou

Yanditswe na

Tombola Felicie

Kuya 18 December 2015 saa 09:37
Yasuwe :

Abasirikare bane bo mu rwego rwo hejuru muri Niger nibo bamaze gutabwa muri yombi bakekwaho gushaka guhirika ubutegetsi bwa perezida uriho wanatowe n’abaturage Mahamadou Issoufou.

Perezida wa Niger,Mahamadou Issoufou yaraye atangarije kuri televisiyo na Radio y’igihugu ko yasimbutse ihirikwa ku butegetsi (coup d’etat) yari yateguwe n’abasirikare kandi ko bamaze gufatwa, nk’uko BBC yabitangaje.

Ati”Guverinoma yasimbutse umwanzi washakaga guhungabanya umutekano w’igihugu.Ntabwo nzi umugambi w’abo bagambanyi bashakaga guhirika ubutegetsi bwatowe n’abaturage.”

Itangazamakuru ryo muri Niger ryatangaje ko abasirikare bane ari bo batawe muri yombi, bakaba bari bafite umugambi wo guhirika ubutegetsi bakoresheje intwaro.

Muri Niger hari umwuka mubi wa politiki, mu gihe muri Gashyantare 2016 ari bwo bitegura amatora y’umukuru w’igihugu hakaba hari ubwoba ko urho ashobora kuzongera agatorwa n’abaturage.

Perezida Mahamadou, yatowe mu mwaka wa 2011, nyuma y’ubutegetsi bwari buyobowe n’igisirikare, ariko na bwo abasirikare 10 bahise batabwa muri yombi bashinjwa gushaka kumuhitana.

Kuva Niger yabona ubwigenge mu 1960, yagiye irangwa n’ubuyobozi bwo guhirika abandi ku butegetsi.

Perezida wa Niger Mahamadou Issoufou

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages