Leta ya Niger iratangaza ko imfungwa zari zifungiye ibikorwa by’ubwiyahuzi zacitse gereza nyuma y’aho itewe n’abantu bitwaje intwaro.
Muri aba bacitse hakaba harimo na Cheibane Ould Hama wari ukurikiranyweho kwica abaturage bo muri Arabie Saudite bane n’Umunyamerika yiciye mu kabari mu Murwa mukuru wa Niger Niamey mu mwaka 2009. Hama yari yarakatiwe imyaka 20 y’igifungo umwaka ushize wa 2012.
Al Jazeera dukesha iyi nkuru ivuga ko byabereye mu murwa mukuru wa Niger Niame nyuma y’aho abateye iyi gereza biciye abantu batatu bari barinze iyi gereza.
Inzego z’umutekano muri Niger zitangaza ko izi mfungwa zacitse zibahangayikishije kuko ari abantu barangwa n’ubwicanyi. Muri izi mfungwa zacitse izigera kuri 20 zari zarafatiwe mu Majyaruguru ya Mali.
Marou Amadou, Minisitiri w’Ubutabera muri Niger akaba n’umuvugizi wa Leta yatangaje ko ibikorwa by’iperereza bigikomeje.



















TANGA IGITEKEREZO