00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nigeria: Abantu 1.490 bakuwe muri Afurika y’Epfo bahungishijwe urugomo rwibasira abanyamahanga

Yanditswe na IGIHE
Kuya 17 July 2026 saa 08:29
Yasuwe :

Nigeria yatangaje ko yacyuye abaturage bayo 1.490 bari muri Afurika y’Epfo, nyuma y’ibitero byibasiraga abanyamahanga bimaze amezi bihagaragara.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria yavuze ko indege iheruka muri gahunda yo gucyura abo baturage yajyanye abantu 305 bavuye i Johannesburg, bakagera mu gihugu ku wa 15 Nyakanga.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Kimiebi Ebienfa, yavuze ko iyi ndege ya gatanu yari itwaye abaturage 305 ndetse n’abakozi babiri ba Leta yageze i Lagos

Guverinoma ya Nigeria yavuze ko iki gikorwa cyo gucyura abaturage cyakurikiye ibiganiro yagiranye n’ubuyobozi bwa Afurika y’Epfo ku bijyanye n’umutekano w’abanyamahanga bari muri icyo gihugu, barimo n’Abanya-Nigeria.

Nigeria yamaganye ihohoterwa ryakorewe abaturage bayo muri Afurika y’Epfo, harimo n’urupfu rw’Abanya-Nigeria babiri bivugwa ko bishwe nyuma yo guhohoterwa n’abashinzwe umutekano.

Nubwo ibihugu byombi bifitanye umubano ukomeye, Nigeria yavuze ko idashyigikiye ibikorwa byo kwanga abanyamahanga, ivangura rishingiye ku moko ndetse n’ihohoterwa rikorerwa abaturage bayo.

Abanyafurika y'Epfo bamaze igihe bigaragambya bavuga ko abanyamahanga babatwara imirimo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages