00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nigeria: Abantu 50 baguye mu gitero cy’ubwiyahuzi cyagabwe ku musigiti

Yanditswe na IGIHE
Kuya 21 November 2017 saa 07:30
Yasuwe :

Abantu babarirwa muri 50 bapfuye abandi bakomerekera mu gitero cy’iterabwoba cyagabwe n’umwiyahuzi ku musigiti wo mu mujyi wa Mubi uherereye mu Majyaruguru y’Uburasirazuba bwa Nigeria.

Umwiyahuzi yiturikirijeho igisasu mu musigiti ubwo abayoboke b’idini ya Islam bari mu masengesho ya mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, nkuko Deutch Welle yabitangaje.

Umuvugizi wa Polisi, Othman Abubakar, yavuze ko umwiyahuzi w’imyaka 17 yiturikirijeho igisasu ubwo yegeraga ikivunge cy’abari mu masengesho. Yongeyeho ko abapfuye bashobora kwiyongera mu gihe abakomeretse barimo kwitabwaho mu bitaro byegereye ahabereye igitero.

Yakomeje avuga ko bataramenya abihishe inyuma y’iki gitero, icyakora bacyeka umutwe w’iterabwoba wa Boko Haram uba mu mujyi wa Borno wiganjemo aba barwanyi.

Yagize ati “Ntawe ducyeka by’umwihariko, gusa tuzi ko abihishe inyuma y’ibi bitero ari umutwe w’iterabwoba wa Boko Haram.”

Kuva mu 2009, nibura abantu 20 000 muri Nigeria bamaze kwicwa na Boko Haram. Ababarirwa muri miliyoni 2.5 bakuwe mu byabo bahungira mu bindi bihugu nka Chad, Niger na Cameroon.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages