Umwiyahuzi yiturikirijeho igisasu mu musigiti ubwo abayoboke b’idini ya Islam bari mu masengesho ya mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, nkuko Deutch Welle yabitangaje.
Umuvugizi wa Polisi, Othman Abubakar, yavuze ko umwiyahuzi w’imyaka 17 yiturikirijeho igisasu ubwo yegeraga ikivunge cy’abari mu masengesho. Yongeyeho ko abapfuye bashobora kwiyongera mu gihe abakomeretse barimo kwitabwaho mu bitaro byegereye ahabereye igitero.
Yakomeje avuga ko bataramenya abihishe inyuma y’iki gitero, icyakora bacyeka umutwe w’iterabwoba wa Boko Haram uba mu mujyi wa Borno wiganjemo aba barwanyi.
Yagize ati “Ntawe ducyeka by’umwihariko, gusa tuzi ko abihishe inyuma y’ibi bitero ari umutwe w’iterabwoba wa Boko Haram.”
Kuva mu 2009, nibura abantu 20 000 muri Nigeria bamaze kwicwa na Boko Haram. Ababarirwa muri miliyoni 2.5 bakuwe mu byabo bahungira mu bindi bihugu nka Chad, Niger na Cameroon.



















TANGA IGITEKEREZO