Mu ijoro ryo ku wa 30 Mutarama nibwo abicanyi biraye mu mazu y’abaturage barayatwika ndetse n’ibiraro by’amatungo yabo bifatwa n’inkongi y’umuriro.
Umwe mu batangabuhamya yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa ko bumvise urusaku rw’abana mu mazu yari ariho ashya.
Iki gitero cyamaze hafi amasaha ane nk’uko bitangazwa n’abarokotse.
Hashize igihe kirenga umwaka, umutwe wa Boko Haram ushimuse abangavu 219 muri Nigeria.
Kuva mu mwaka wa 2009, abantu basaga 17000 bamaze kugwa mu bitero by’umutwe wa Boko Haram mu gihe abarenga miliyoni ebyiri bavuye mu byabo.



















TANGA IGITEKEREZO