Abantu bicyekwa ko ari abarwanyi ba kisilamu bateye ishuri mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Nigeria, bica abanyeshuri bagera kuri 50, mu ijoro ryo ku cyumweru.
Abo banyeshuri barashwe baryamye mu macumbi yabo, aho bigaga kuri College of Agriculture muri Leta ya Yobe.
BBC dukesha iyi nkuru, ikomeza ivuga ko mu majyaruguru ya Nigeria bari mu mategeko y’ibihe bidasanzwe, mu gihe abarwanyi ba kisilamu bo mu mutwe wa Boko Haram bagikomeje ibikorwa byabo.
Boko Haram irwanira guhirika Leta ya Nigeria igashyiraho ubutegetsi bugendera ku mategeko ya Islam akaze (Shariya), ikaba imaze kugaba ibitero bitandukanye ku mashuri.
Imibare y’abaguye mu gitero cyo kuri iki cyumweru ntivugwaho rumwe, ariko umunyapolitike wo muri iyo ntara yabwiye BBC ko abanyeshuri bagera kuri mirongo itanu ari bo bishwe basinziriye.
Uwo munyepolitike yavuze ko imodoka ebyiri nini zuzuye imorambo zageze ku bitaro by’umurwa mukuru wa Leta ya Yobe, Damaturu.



















TANGA IGITEKEREZO