00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nigeria: Ingabo za Tchad zabohoje Umujyi wari warigaruriwe na Boko Haram

Yanditswe na
Kuya 30 January 2015 saa 11:49
Yasuwe :

Ingabo za Tchad zabohoje Umujyi wa Malumfatori uherereye mu Majyaruguru ya Nigeria, wari warigaruriwe n’intagondwa z’abayisilamu bo mu mutwe wa Boko Haram.
BBC itangaza ko kubohoza uyu mujyi uhana imbibe na Tchad na Niger mu Majyaruguru ya Nigeria, byabaye ngombwa ko hifashishwa ingabo zirwanira ku butaka z’izirwanira mu kirere, kugirango babashe kwirukanamo abarwanyi ba Boko Haram.
Abayobozi muri Niger batangaje ko ingabo za Tchad zirwanira ku butaka zinjiye muri uwo Mujyi zinyuze mu (…)

Ingabo za Tchad zabohoje Umujyi wa Malumfatori uherereye mu Majyaruguru ya Nigeria, wari warigaruriwe n’intagondwa z’abayisilamu bo mu mutwe wa Boko Haram.

BBC itangaza ko kubohoza uyu mujyi uhana imbibe na Tchad na Niger mu Majyaruguru ya Nigeria, byabaye ngombwa ko hifashishwa ingabo zirwanira ku butaka z’izirwanira mu kirere, kugirango babashe kwirukanamo abarwanyi ba Boko Haram.

Abayobozi muri Niger batangaje ko ingabo za Tchad zirwanira ku butaka zinjiye muri uwo Mujyi zinyuze mu kiyaga cya Tchad nyuma y’iminsi ibiri (2) y’imirwano.

Boko Haram yagiye igaba ibitero bitandukanye mu Majyaruguru ya Nigeria, mu Mijyi imwe n’imwe yo muri Cameroun, Niger, ndetse uhangayikishije bikomeye Tchad yanatanze ingabo zo guhashya uwo mutwe muri ibyo bihugu.

Boko Haram ni kimwe mu bigomba kuganirwaho n’abakuru b’ibihugu n’aba za Guverinoma mu nama y’inteko rusange ya 24 y’umuryango wa Afurika yunze ubumwe, nk’imwe mu nzitizi zikomeye z’umutekano n’amahoro kuri uyu mugabane.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages