Minisitiri Wale Edun amaze igihe arwaye indwara itaramenyekana, gusa abaganga be basabye ko yoherezwa kuvurirwa hanze y’igihugu.
Ibyo byatumye Perezida Tinubu atangira gushaka uzasimbura Edun mu rwego rwo gukomeza imikorere ya Minisiteri y’Imari mu gihe azaba adahari.
Perezida Tinubu yashimangiye ko ubuzima bwa Edun ari ingenzi, ariko ko guverinoma na yo igomba gukomeza gukora.
Umwe mu bayobozi bo muri guverinoma ya Nigeria, yagize ati “Perezida Tinubu yubaha cyane Edun. Ibibazo by’ubuzima ni ibyago, ariko Leta igomba gukomeza gukora. Icy’ingenzi ubu ni uko yakira neza.”
Ntabwo haramenyekana neza uzamusimbura, ariko abasesenguzi bavuga ko uzasigarana inshingano, azakomeza gahunda za Edun, zirimo guhuza imari, kugenzura izamuka ry’ibiciro, no guteza imbere ubukungu burambye.
Edun yagiye ku butegetsi ku wa 21 Kanama 2023, akaba yarahawe inshingano zo guhuza politiki y’imari n’iy’ifaranga, kugarura icyizere mu isoko ry’imari, no kongera ishoramari mu nzego zitandukanye.
Yari inshuti ya Kera ya Perezida Tinubu ndetse n’umujyanama we mu by’imari, akaba yaragize uruhare rukomeye mu kuzahura ubukungu bwa Nigeria.
Mu gihe yari ku buyobozi, Edun yakoze impinduka zirimo gukuraho inkunga ku giciro cya lisansi no kwagura uburyo bwa TSA mu gukusanya imisoro. Ibi byafashije mu kongera imisoro yinjira no gukumira ibihombo mu bigo bya Leta.
Yanakoranye bya hafi na Banki Nkuru ya Nigeria iyobowe na Yemi Cardoso, mu guhuza politiki y’imari n’iy’ifaranga, bigabanya izamuka ry’ibiciro.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!