00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nigeria yirukanye mu kazi abarimu barenga 4500

Yanditswe na Evariste Nsengimana
Kuya 19 April 2018 saa 08:11
Yasuwe :

Leta ya Kaduna iherereye mu Majyaruguru ya Nigeria yirukaniye rimwe abarimu bo mu mashuri abanza barenga ibihumbi 4500, bashinjwa kutagira ubushobozi bwo kwigisha.

Umujyanama w’Umuhuzabikorwa w’Uburezi muri iyo Leta, Lawal Danjuma, yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ko abarimu birukanwe barimo abo usanga batabasha no kwandika interuro n’ibaruwa yoroheje.

Yagize ati “Nta mwanya dufite w’abarimu bigisha mu mashuri abanza batabasha no kwandika ibaruwa isanzwe. Kubirukana ni ukurengera inyungu z’ireme ry’uburezi buhabwa abana.”

Aba barimu birukanwe muri Leta ya Kaduna, bari mu cyiciro cy’abagera ku 15,897 baheruka guhabwa akazi basimbura abandi ibihumbi 22 birukanwe mu 2017, bazira ubumenyi budahagije.

Abo ngo bahawe ikizamini kigenewe abanyeshuri bo mu mwaka wa Kane w’amashuri abanza, kirabatsinda. Basabwaga kubonamo byibuze 75% ariko abagera kuri 66% ntibayagezeho.

Ibi ngo byababaje Guverineri wa Leta ya Kaduna, Nasir El-Rufai, avuga ko ikibazo ari uko abarimu bahabwa akazi badashoboye kandi ko bikwiye kurangira.

Umunyamabanga mukuru w’Ihuriro ry’Abarimu muri Leta ya Kaduna, Adamu Ango, ntiyemeranya nawe, agasaba ko impapuro bakoreyeho zazashyirwa ahagaragara, bigasuzumwa niba batararenganyijwe.

Ikibazo cy'ireme ry'uburezi ku bana bato kiri mu bihangayikishije Nigeria

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages