00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nje kuvuguta umuti w’ikibazo cya M23- Moïse Katumbi

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 24 November 2023 saa 11:17
Yasuwe :

Moïse Katumbi uri mu bakandida bahatanira umwanya w’umukuru w’igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu matora ateganyijwe ku wa 20 Ukuboza 2023, yavuze ko azanywe no gushaka igisubizo cya M23.

Yabivuze ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamaza i Goma ku wa Kane, tariki ya 23 Ugushyingo.

Yageze muri aka gace nyuma ya saa Sita avuye mu Ntara ya Ituri ari kumwe n’abamushyigikiye barimo Matata Ponyo, Franck Diongo na Seth Kikuni nk’uko inkuru ya Radio Okapi ibivuga.

Mu byo yabwiye abitabiriye ibikorwa bye byo kwiyamamaza, yagarutse ku bibazo by’umutekano, avuga ko bikomeye kandi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage dore ko abagera kuri miliyoni ebyiri bavuye mu byabo.

Ati “Abenshi muri bo babayeho mu buzima bubi.”

Yavuze ko naramuka atowe yatanze icyizere ko azakora ibishoboka akazahura umutekano n’amahoro muri Kivu y’Amajyaruguru.

Ati “Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ntiyabaho idafite Kivu y’Amajyaruguru. Ntitugomba gutakaza na santimetero n’imwe y’igihugu cyacu. Nzanywe no kuvuguta umuti w’ikibazo cya M23.”

Moïse Katumbi yavuze ko natorerwa kuyobora RDC azavuguta umuti w’ikibazo cya M23

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages