Visi Perezida wa mbere yagizwe Gaston Sindimwo, uturuka mu ishyaka UPRONA ryemewe n’amategeko.
Visi Perezida wa kabiri we yagizwe Joseph Butore, wari asanzwe ari Minisitiri ushinzwe amashuri ya Kaminuza n’Ubushakashatsi.
BBC dukesha iyi nkuru itangaza ko Inteko Ishinga Amategeko yemeje ayo mazina nk’uko yari yatanzwe na Perezida Nkurunziza.
Bakimara kwemezwa, nab o bahise berekeza mu ngoro y’inama mu Kigobe, aho bari bategerejwe guhita barahira.
Ishyaka UPRONA, waronseryabonye amajwi ari munsi ya 5% mu matora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, Itegeko Nshinga ry’u Burundi mu ngingo ya 129 rikaba riteganya ko ishyaka rihagararirwa muri Leta ari uko ryabonye hejuru y’amajwi 5%.
Icyakora, mu ijambo rye nyuma yo kurahira, Perezida Nkurunziza yijeje ko bagiye kubiganiraho, iyo ngingo yo mu Itegeko Nshinga ikavugururwa.



















TANGA IGITEKEREZO