00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyuma yo kurahira kwa Nkurunziza, abagize Leta y’u Burundi batangiye kugenwa

Yanditswe na

IGIHE

Kuya 20 August 2015 saa 06:29
Yasuwe :

Nyuma y’indahiro ya Perezida Nkurunziza nk’Umukuru w’igihugu, Inteko Ishinga Amategeko yashyizeho abamwungirije (Visi Perezida) babiri nk’uko yari yabisabye.

Visi Perezida wa mbere yagizwe Gaston Sindimwo, uturuka mu ishyaka UPRONA ryemewe n’amategeko.

Visi Perezida wa kabiri we yagizwe Joseph Butore, wari asanzwe ari Minisitiri ushinzwe amashuri ya Kaminuza n’Ubushakashatsi.

BBC dukesha iyi nkuru itangaza ko Inteko Ishinga Amategeko yemeje ayo mazina nk’uko yari yatanzwe na Perezida Nkurunziza.

Bakimara kwemezwa, nab o bahise berekeza mu ngoro y’inama mu Kigobe, aho bari bategerejwe guhita barahira.

Ishyaka UPRONA, waronseryabonye amajwi ari munsi ya 5% mu matora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, Itegeko Nshinga ry’u Burundi mu ngingo ya 129 rikaba riteganya ko ishyaka rihagararirwa muri Leta ari uko ryabonye hejuru y’amajwi 5%.

Icyakora, mu ijambo rye nyuma yo kurahira, Perezida Nkurunziza yijeje ko bagiye kubiganiraho, iyo ngingo yo mu Itegeko Nshinga ikavugururwa.

Perezida Nkurunziza yijeje ivugururwa ry'Itegeko Nshinga n'ubwo bamwe bavuga ko ryamuzitiraga ku kujya ku butegetsi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages