Mu gihe ategereje gukatirwa tariki 18 Mata 2016, Pistorius yategetswe gutanga amande 10,000 by’amarandi akoreshwa muri Afurika y’Epfo, asaga ibihumbi 500 mu mafaranga y’u Rwanda.
Umucamanza Audrey Ledwaba, yategetse ko muri iki gihe Pistorius atemerewe kuva mu gihugu cye.
Pistorius yategetswe kuguma mu rugo rwa nyirarume, aho afungishijwe ijisho kugeza muri Mata umwaka utaha, asomewe urubanza.
Yanategetswe gutanga ibyangombwa bye by’inzira (passport) ndetse akazashyirwaho akuma kerekana aho aherereye.
Pistorius azajya ava mu rugo hagati ya saa moya za mu gitondo kugeza saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, kandi ntiyemerewe kujya ahantu harenze kilometero 20 avuye kwa nyirarume.
Pistorius w’imyaka 29 y’amavuko yishe uwari umukunzi we, Reeva Steenkamp, muri 2013 ku munsi w’abakundanye, Valentine’s Day, nyuma yo kurasa inshuro enye mu muryango ufunze w’ubwiherero. Pistorius yiregura avuga ko yari yamwibeshyeho akeka ko ari umujura wari wamwinjiranye.



















TANGA IGITEKEREZO