00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Papa yashenguwe n’igitero cyahitanye abanyeshuri 41 muri Uganda

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 19 June 2023 saa 07:31
Yasuwe :

Papa Francis kuri iki Cyumweru yagaragaje agahinda yatewe n’igitero cy’umutwe w’iterabwoba wa ADF cyahitanye abanyeshuri 41 mu Burengerazuba bwa Uganda.

Igitero cyabaye mu ijoro rishyira kuwa Gatandatu mu Karere ka Kasese hafi y’umupaka wa Uganda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Imirambo y’abana 38 yabonetse imwe yatwitswe bikomeye, indi yarashwe amasasu mu gihe hari n’abicishijwe intwaro gakondo, ubwo abagizi ba nabi babasangaga ku ishuri ryabo Lhubiriha Secondary School.

Papa Francis ukubutse mu bitaro aho yari amaze iminsi arwariye, kuri iki Cyumweru yatuye igitambo cya Misa, avuga ko yababajwe n’ubwicanyi bwakorewe abanyeshuri muri Uganda.

Ati “Ndasenga nsabira roho z’abo bana b’abanyeshuri bazize igitero cy’ubugome mu Burengerazuba bwa Uganda.”

Umutwe wa ADF usanzwe ukorera mu Burasirazuba bwa Congo mu Ntara za Ituri na Kivu y’Amajyaruguru, ari naho ukunze gukorera ibitero by’ubwiyahuzi bihitana ubuzima bwa benshi.

Igitero cyagabwe kuri iri shuri cyahitanye abanyeshuri bagera kuri 41

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages